20220617_100553-750x536.jpg

Uganda yibitseho kajugujugu nshya kabuhariwe z’intambara

Sangiza iyi nkuru

Amafoto ya kajugujugu eshatu zo kugaba ibitero zo mu bwoko bwa Mi-28N ziri gushyirwaho ibimenyetso bya Uganda aherutse kugaragara, bishimangira ko igihugu kuri ubu kigiye kwibikaho izi ndege z’intambara.

Kajugujugu eshatu za Mi-28 zagaragaye ku birindiro by’igisirikare kirwanira mu kirere bya Entebbe ku ya 15 Kamena ubwo zasurwaga na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni.

20220617_100553-750x536.jpg

Nubwo, Uganda isanganwe kajugujugu z’intambara za Mil Mi-24 Hind, zigera kuri eshanu, ntbyayibujije kongeraho izindi zifite ubushobozi bwisumbuye zo mu bwoko bwa Mi-28N nk’uko tubkesha Military Africa.

Igihugu cya Uganda kikaba giherutse kongera amafaranga y’ingengo y’imari igenewe igisirikare kugira ngo kegere umuturanyi ndetse na mukeba mu karere, Kenya, mu gihe hakomeje isiganwa rishya ryo kwibikaho intwaro mu karere.

Hagati ya 2012 na 2021, amafaranga yakoreshejwe mu gisirikare cya Uganda yazamutseho 203 ku ijana, kandi amafaranga yakoreshejwe mu gisirikare yageze kuri miliyari 1233.1 z’amashilingi (miliyari 1.066 $) umwaka ushize, yiyongeraho 8.3 ku ijana kuva kuri miliyari 113.7 (miliyoni 984.7 $) muri 2020.

Kajugujugu yo mu bwoko bwa Mi-28 yakozwe n’uruganda rwa Kajugujugu rwa Mil Moscou kandi kajugujugu imwe igura miliyoni 18 z’amadolari. Kajugujugu ya mbere y’ubu bwoko yagurutse mu 1982.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *