Umukinnyi w’ikipe ya Manchester United akaba na kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Portugal, Cristiano Ronaldo, ikipe azakinira umwaka utaha w’imikino, iracyateye urujijo.
Ni nyuma y’aho atishimiye imyitwarire ya Manchester United mu mwaka w’imikino ushize, ndetse akaba avugwa mu makipe atandukanye nka Chelsea na Bayer Munich, n’ubwo iyi kipe arimo ngo na yo ititeguye kumugurisha.
Bivugwa ko umuhagarariye, Jorge Mendes, yahuye n’amakipe nka Chelsea ndetse na Bayer Munich mu cyumweru gishize, kugira ngo arebe niba uyu mukinnyi ashobora kwerekeza muri imwe muri yo.
Umutoza mushya w’iyi kipe, Eriik Ten Hag we yagaragaje ko afite Cristiano mu mishinga ye, gusa n’uyu mukinnyi nawe ngo aracyashyize umutima kuri iyi kipe ndetse ngo yiteguye kuyifasha kureba ko yazanzamuka, nyuma y’igihe kirekire iyi kipe imaze ititwara neza muri rusange.
Ikinyamakuru Sportmail cyatangaje ko Mendes uhagarariye uyu mu kinnyi yashatse uburyo yajyana uyu mukinnyi muri Bayer Munich, gusa ngo iyi kipe ntiyagaragaza ubushake bwo kumusinyisha.
Mendez kandi kandi ngo yanabashije kuvugana na Todd Boehly, nyiri Chelsea muri iki cyumweru, gusa Manchester United ntabwo ishishikajwe kumugurisha, ahubwo irashaka no kugura Frankie de Jong umukinnyi ukina hagati mu ikipe ya FC Barcelona iyi kipe imaze iminsi yirukaho.
Ronaldo nibura yabashije gutsindira Manchester United ibitego 24 mu mwaka w’imikino ushize.


