RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23

Sangiza iyi nkuru

Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye, bya hafi cyangwa kure, n’umutwe wa M23 n’intambara yayo, bakavuga ko ababahuza n’uyu mutwe ari abanzi b’igihugu.

Itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizweho umukono na Enock Ruberangabo Sebineza, wari minisitiri w’icyubahiro muri Guverinoma ya Matata akaba na perezida w’icyubahiro w’ishyirahamwe Shikama / Banyamulenge yamaganye abantu bose babahuza n’intambara ya M23.

Ati: “Twe ubwacu, tubisubiremo hano ndetse nonaha, Abanyamulenge ntaho bahuriye bya hafi cyangwa kure n’iyi ntambara ya M23. Ababahuza nayo ni abafatanyabikorwa ba Kigali kandi bafite intego. ”

Iri tangazo ryo ku ya 15 Kamena nk’uo tubikesha Mediacongo.net, rihamagarira guverinoma zitandukanye z’isi kwita ku kibazo rivuga ko cyatewe n’ubutegetsi bwa Kigali.

Ati: “Amahanga agomba gukoresha uburemere bwayo bwose kugira ngo intambara ya M23 ihagarare. Kurinda u Rwanda gukoresha amoko yo muri Kivu mu gushinga umutwe witwaje intwaro intagondwa z’Abanyekongo zifata byoroshye nk’Abanyarwanda kubera uko basa,”

Enock Ruberangabo kandi yamaganye imvugo zivangura zishinja Abatutsi b’Abanyekongo cyangwa Abanyamulenge kuba inyuma y’intambara batazi kandi bigomba guhagarara.

Ku muyobozi w’umuryango w’Abanyamulenge, “abenegihugu bitiranya Abanyamulenge na M23 bakina umukino w’ababatera, ni abanzi ba Repubulika kimwe n’abatera kandi bishobora kuba bibi kuko bisenyera igihugu imbere. Ntibivugwa ko ubwami bwacitsemo ibice buzarimbuka?”

Ni muri urwo rwego yibutsa igihugu cyose ko abenegihugu bakibuka kandi ko ari abahamya nyabo b’”uruhare abagize umuryango w’Abanyamulenge bagize muri serivisi zicyo gihe”, cyane cyane mu guhagarika M23 muri 2012-2013 muri Uvira n’ahandi bafata abashakaga kwagurira intambara muri Kivu y’Amajyepfo.

Soma Izindi Nkuru

20 Responses

  1. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Inda nini nimbi kweli.
    Abanyamulenge bagenzi be baricwa bagatwikirwa bakanatwikwa we kuko ahaze amadolari ya Kinshasa ati nta kibazo abanyamulenge bafite.
    Ubwo se imitwe yumvukana ya “Twirwaneho” n’ibindi ibaho kubera iki?
    Ntakundi abayobozi babi babaho.

    1. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
      Sha uyu azapfa akambakamba. Kugambanira ubwoko ni ishyano ryica nyirukubikora.

    2. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
      Sha uyu azapfa akambakamba. Kugambanira ubwoko ni ishyano ryica nyirukubikora.

    3. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
      Nawe ntakundi yovuze kuko afitwe na l’etat

    4. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
      Nawe ntakundi yovuze kuko afitwe na l’etat

    5. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
      Iminsi y’ubujiji irahagije murekere aho kuvugira inyungu zanyu gusa

      Ntabwo gushigikira leta igamije gutsemba ubwoko aribyo bizatuma igukunda cg yunamura icumu

    6. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
      Iminsi y’ubujiji irahagije murekere aho kuvugira inyungu zanyu gusa

      Ntabwo gushigikira leta igamije gutsemba ubwoko aribyo bizatuma igukunda cg yunamura icumu

    7. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
      Ntabwo yabonye ko leta ya DRC yashyizeho 15,000 USD k’umuntu wese uzica umututsi uri muri leta ya congo.

    8. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
      Ntabwo yabonye ko leta ya DRC yashyizeho 15,000 USD k’umuntu wese uzica umututsi uri muri leta ya congo.

  2. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Inda nini nimbi kweli.
    Abanyamulenge bagenzi be baricwa bagatwikirwa bakanatwikwa we kuko ahaze amadolari ya Kinshasa ati nta kibazo abanyamulenge bafite.
    Ubwo se imitwe yumvukana ya “Twirwaneho” n’ibindi ibaho kubera iki?
    Ntakundi abayobozi babi babaho.

  3. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Uyu witwa Enock Sebineza ukurikiranye ibyo ahora avuga wibaza aho abikura ni umunya politic uciriritse

  4. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Uyu witwa Enock Sebineza ukurikiranye ibyo ahora avuga wibaza aho abikura ni umunya politic uciriritse

  5. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Nonese abanyamulenge bari mu rwanda barakorayo iki basubiye iwabo ko wumva ntakibazo bafite

  6. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Nonese abanyamulenge bari mu rwanda barakorayo iki basubiye iwabo ko wumva ntakibazo bafite

  7. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Icyo kigabo niko cyabaye kigize umuyobozi wabanyamurenge kandi ntawagitoye nigisahiranda gicuruza benewabo nabishwe ntikivuga ahubwo uburwayi kirwaye ni Urwanda kigasebanya ubundi bakagitungirinda.

  8. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Icyo kigabo niko cyabaye kigize umuyobozi wabanyamurenge kandi ntawagitoye nigisahiranda gicuruza benewabo nabishwe ntikivuga ahubwo uburwayi kirwaye ni Urwanda kigasebanya ubundi bakagitungirinda.

  9. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Uyumugabo yirengagizako abo benegihugu batazi gutandukanya abanyamulenge na M23 Bose nibamwe imbere yabo ntanicyo yakora ngo babibone uko abivuga. Nibushaka gutanga isurambi kubaturage binzirakarengane babatutsi bo muri Nord kivu natwe turamwamaganye.

  10. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Uyumugabo yirengagizako abo benegihugu batazi gutandukanya abanyamulenge na M23 Bose nibamwe imbere yabo ntanicyo yakora ngo babibone uko abivuga. Nibushaka gutanga isurambi kubaturage binzirakarengane babatutsi bo muri Nord kivu natwe turamwamaganye.

  11. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Ese uyu mugabo ibyo ahora avuga abagirango atere imbabazi abakongomani?birashekeje.

  12. RDC: Abanyamulenge baravuga ko ntaho bahuriye n’intambara ya M23
    Ese uyu mugabo ibyo ahora avuga abagirango atere imbabazi abakongomani?birashekeje.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *