Colombia: Byibuze imfungwa 51 zahitanwe n’inkongi y’umuriro muri gereza

Sangiza iyi nkuru

Byibuze imfungwa 51 zapuye izindi 24 zirakomereka nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye Gereza ya Tulua, iherereye mu majyepfo y’uburenerazuba bwa Colombia nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri ushize n’abayobozi babanje gutangaza igikorwa cyo kugerageza gutoroka.

“Umwe mu mfungwa yatwitse matela ye” mu kavuyo umuriro utangira gukwirakwira nk’uko byasobanuwe na minisitiri w’ubutabera, Wilson Ruiz, atangaza imibare yatangajwe mu itangazamakuru.

Mu bakomeretse, batandatu ngo bari mu bitaro aharwariye indembe nk’uko minisitiri yabitangaje.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ushize, abayobozi bari batangaje ko muri iyi gereza ubusanzwe idafite uburinzi buhambaye habaye igikorwa cyo kugerageza gutoroka nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ivuga.

Nk’uko byumvikanye kuri radio zitandukanye zo muri iki gihugu, Gen. Tito Castellanos, ukuriye ubuyobozi bw’amagereza muri Colombia, yavuze ko imfungwa zishwe n’umuriro zateje ubwazo ahagana saa munani z’ijoro, zishaka kubuza abacungagereza kuzibuza kugerageza gutoroka.

Atangaza imibare ya mbere y’abapfuye 49 n’abakomeretse 30, Gen. Castellanos yagize ati ” ubwo batwikaga matela, ntibatekereje ingaruka z’ibishobora kuba,”

Ahagana saa sita z’amanywa nk’uko iyi nkuru isoza ivuga, iyi gereza igizwe n’amagorofa menshi yari irinzwe bikomeye n’abapolisi n’abasirikare.

Inkongi ngo yafashe cyane ‘pavillon’ ya 8 ya gereza ibamo imfungwa 180, mu 1267 bose babarizwa muri iyi gereza irimo ubucucike bukabije kuko irimo imfungwa 17% zirenga ku bushobozi bwayo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *