Nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru byo muri Pologne, ngo rutahizamu ukomoka muri iki gihugu ukinira ikipe ya Bayern Munich, Robert Lewandowski, arimo araterwa ubwoba abwirwa ko ashobora kwicwa.
Uyu mukinnyi w’imyaka 33 kuri ubu wafashe icyemezo cyo kuva muri Bayern Munich, yagarutse muri Bavière aho yari yitezwe gusubukura imyiteguro ya shampiyona ibanza. Mu gihe ihangana rikomeje hagati ya rutahizamu n’ikipe ya Bayern, bamwe mu bafana bibasiye Lewandowski bamuziza kugaragaza ku mugaragaro ko yifuza kugenda.
Ikinyamakuru cyo muri Pologne cyitwa Wirtualna Polska cyatangaje ko Robert Lewandowski yasubiye mu Budage atari kumwe n’umugore we, Anna, ndetse n’abana be. Kandi kubw’iyi mpamvu, ngo uyu Munya-Pologne Pole yakirijwe gusa iterabwoba ryo kwicwa, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho bamututse ibitutsi byinshi.
Lewandowski, umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri shampiyona ya 2021-2022 aracyizera ko Barça izabasha kumvisha Bayern kumurekura n’igiciro gishya kugirango azabashe kwimukira muri Catalogna.



4 Responses
Umukinnyi Robert Lewandowski wa Bayern Munich ari gukangishwa kwicwa
Imana imurengere kuko ndumva bikomeye p
Umukinnyi Robert Lewandowski wa Bayern Munich ari gukangishwa kwicwa
Imana imurengere kuko ndumva bikomeye p
Umukinnyi Robert Lewandowski wa Bayern Munich ari gukangishwa kwicwa
Real madrid
Umukinnyi Robert Lewandowski wa Bayern Munich ari gukangishwa kwicwa
Real madrid