Ikipe ya Chelsea yamaze gusinyisha rutahizamu Raheem Sterling wakiniraga Manchester City, aba umukinnyi wa mbere isinyishije kuva iguzwe na Todd Boehly.
Sterling w’imyaka 27 y’amavuko yasinye amasezerano y’imyaka itanu yo gukinira Chelsea, bikavugwa ko yatanzweho abarirwa muri miliyoni 50 z’ama-Pounds.
Chelsea yemeje ko yamusinyishije ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.
Iti: “Umu-star w’Umwongereza Raheem Sterling yerekeje muri Chelsea avuye muri Manchester City, ku masezerano y’imyaka itanu.”
Mu masaha y’igitondo cy’ejo ku wa Gatatu Sterling yari yabanje kwemeza ko yatandukanye na Manchester City, mu butumwa busezera abafana bayo yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.
Iyi kipe y’i Manchester yari yarayigezemo afite imyaka 20 y’amavuko avuye muri Liverpool.
Uyu mukinnyi akimara gusinyira Chelsea yahise asanga bagenzi be muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho bagiye gukorera Pre-season.
Raheem Sterling yavuze ko nk’umukinnyi yageze kuri byinshi, gusa na none akaba agifite ibyo agomba kugeraho yizeye ko Chelsea izamufashamo.
Yavuze ko yishimiye gusubira mu mujyi wa Londres yavukiyemo ari na ho urugendo rwe nk’umukinnyi w’umupira w’amaguru rwatangiriye.


