Ibihugu byahagarariwe mu mabendera yabyo

Amafoto: Ibirori ubwo i Kigali hatangiraga shampiyona nyafurika ya Taekwondo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 13 Nyakanga 2022 byari ibirori mu nyubako ya BK Arena mu Rwanda ubwo hatangiraga shampiyona nyafurika y’umukino wa Taekwondo.

Mu bihugu 40 bizahagararirwa muri iri rushanwa hari Kenya, Tanzania, Uganda, u Burundi, Tanzania, Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Maroc, Cameroon, Senegal, Niger na Misiri.

Ibihugu byahagarariwe mu mabendera yabyo
Ibihugu byahagarariwe mu mabendera yabyo

Ubwo iri rushanwa ryafungurwaga ku mugaragaro, abakinnyi b’amakipe atandukanye bagaragaje ubuhanga bafite mu kurambura ingingo z’umubiri, by’umwihariko mu kuzamura imigeri.

Umuyobozi w’ishyirahamwe rya Taekwondo mu Rwanda, Dr David Hakizimana yashimye kuba iki gihugu cyaragiriwe icyizere, kikakira iyi shampiyona, yifuriza abashyitsi kuzagira ibihe byiza mu gihe bazamara mu Rwanda.

Umunyamabanga Mukuru w’ishyirahamwe rya Taekwondo muri Afurika, Balla Dièye, na we yafashe umwanya, ashimira Leta y’u Rwanda kuba yakiriye iyi shampiyona.

Balla Dièye, Umunyamabanga Mukuru w'ishyirahamwe rya Taekwondo muri Afurika
Balla Dièye, Umunyamabanga Mukuru w’ishyirahamwe rya Taekwondo muri Afurika

Perezida w’ishyirahamwe rya Taekwondo ku Isi, Dr Chungwon Choue, mu butumwa yatanze yifashishije ikoranabuhanga, yashimiye u Rwanda kuba rwakiriye iri rushanwa ku nshuro ya mbere.

Dr Chungon yagize ati: “Ni ubwa mbere u Rwanda rwakiriye iyi shampiyona, bityo ndifuza gushimira ishyirahamwe rya Taekwondo mu Rwanda na Leta y’u Rwanda ku bw’ubufasha bwanyu.”

Perezida w’iri shyirahamwe ku Isi, avuga ko iri rushanwa ryitabiriwe n’abantu benshi abijyanishije no kuba icyorezo cya Covid-19 kikiriho. Ati: “Izi ni imbaraga za Taekwondo. Ifungura inzira izindi siporo nkeya zafungura. Ni inzira y’imidali ariko na none ni inzira y’amahoro.”

Iyi shampiyona iri kubera muri BK Arena
Iyi shampiyona iri kubera muri BK Arena

Minisitiri wa siporo mu Rwanda, Munyangaju Aurore Mimosa yari ahari
Minisitiri wa siporo mu Rwanda, Munyangaju Aurore Mimosa yari ahari

Abayobozi baturutse mu bihugu bitandukanye bari bahari
Abayobozi baturutse mu bihugu bitandukanye bari bahari

Bamwe mu bakunzi b'ikipe y'u Rwanda bari bisize amarange
Bamwe mu bakunzi b’ikipe y’u Rwanda bari bisize amarange

Abo muri Maroc bari banezerewe
Abo muri Maroc bari banezerewe

Aba bari bashyigikiye ikipe ya Senegal
Aba bari bashyigikiye ikipe ya Senegal

Umukinnyi w'u Rwanda yazamuye umugeri atya
Umukinnyi w’u Rwanda yazamuye umugeri atya

img-20220714-wa0032.jpg
img-20220714-wa0042.jpg
Uyu mukobwa akinira ikipe ya Senegal
Uyu mukobwa akinira ikipe ya Senegal

img-20220714-wa0029.jpg
Abasore na bo bagaragaje ubuhanga bafite muri uyu mukino
Abasore na bo bagaragaje ubuhanga bafite muri uyu mukino

img-20220714-wa0045.jpg
img-20220714-wa0046.jpg
Muri uyu mukino, amaboko na yo arakoreshwa
Muri uyu mukino, amaboko na yo arakoreshwa

Umukinnyi wa Taekwondo ashobora guhagarara n'ukuguru kumwe kandi yemye
Umukinnyi wa Taekwondo ashobora guhagarara n’ukuguru kumwe kandi yemye

Biba ngombwa ko umukinnyi akoresha umwuka mwinshi
Biba ngombwa ko umukinnyi akoresha umwuka mwinshi

Uyu mwana yagaragaje ko afite ahazaza heza muri uyu mukino
Uyu mwana yagaragaje ko afite ahazaza heza muri uyu mukino

Nyuma yo kwerekana ubumenyi bafite, abakobwa bo mu Misiri bari bishimye
Nyuma yo kwerekana ubumenyi bafite, abakobwa bo mu Misiri bari bishimye

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *