Leta y’igisirikare kiyoboye Mali mu buryo bw’inzibacyuho, yafatiye ingamba ingabo z’ibihugu ziriyo mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSMA), nyuma yo guta muri yombi abasirikare 49 ba Côte d’Ivoire.
Aba basirikare ba Côte d’Ivoire barafunzwe kuva tariki ya 10 Nyakanga ubwo bageraga ku kibuga cy’indege cya Bamako, baherekejwe n’indege yikoreye intwaro. Basobanuye ko bagiye mu butumwa bw’amahoro, mu gihe iya Mali ibakekaho umugambi wo gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.
Itangazo ryasohowe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Mali kuri uyu 14 Nyakanga 2022 risobanura ko ku mpamvu z’umutekano w’igihugu, guhinduranya (rotation) ingabo ziri mu butumwa bwa UN byaba ibikorerwa imbere mu gihugu, bitemewe guhera uwo munsi.
Nk’uko Al Jazeera ibivuga, iyi Minisiteri yatangaje iti: “Ku mpamvu zirebana n’umutekano w’igihugu, guverinoma ya Mali yafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo, guhera uyu munsi, ihinduranya ry’abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro, ririmo iryari ryamaze guteganywa no gutangazwa.”
Iyi guverinoma yasobanuye ko iki cyemezo kizagumaho kugeza igihe hazafatirwa ikindi cyemerera izi ngaho gukomeza ibikorwa bya ‘rotation’ zari zisanzwe zikora.
Ariko Umuvugizi wa MINUSMA, Olivier Salgado, we yagaragaje ko cyaba ari ikibazo mu gihe ihinduranya ryahagarara kuko ngo ari ingenzi ku ngabo ziri mu butumwa bw’amahoro. Ati: “Ihinduranya rya misiyo y’amahoro ni ingenzi cyane kugira ngo ibikorwa byayo bigende neza, binongere morale y’abambaye impuzankano.”
Mu rwego rwo gushaka ko iri hinduranya ryakomeza kubaho, Salgado yasobanuye ko ubuyobozi bwa MINUSMA buraganira byihutirwa na Leta ya Mali.
MINUSMA irimo abasirikare 12.000 n’abapolisi 1.700. Basanzwe bafasha inzego z’umutekano za Mali kubungabunga amahoro n’umutekano bihungabanywa n’imitwe y’iterabwoba yegamiye kuri Isilamu.


