Rutahizamu w’ikipe ya Paris Saint-Germain, Neymar Jr, agomba kwitaba urukiko mu Kwakira kubera amakosa yaba yarakozwe muri transfer ye ajya muri Barcelona avuye mu ikipe ya Santos yo muri Brazil.
Uyu mukinnyi w’imyaka 30 ukomoka mu gihugu cya Brazil ndetse n’uwahoze ari perezida wa Barcelona, Sandro Rosell na Josep Maria Bartomeu, bazaburanishwa kubera ruswa n’uburiganya bifitanye isano no kuva muri Santos ajya muri iyi kipe y’igihangange muri Espagne mu 2013.
Urubanza ruzaba hagati y’itariki ya 17 na 31 Ukwakira ukwezi kumwe mbere y’uko Brazil icakirana na Serbia mu Gikombe cy’Isi cya 2022 nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga .
Ari kumwe na Barcelona, Neymar yatwaye ibikombe umunani birimo ibikombe bibiri bya Espagne ndetse na Champions League mu 2015.
Yagiye muri PSG kuri miliyoni 222 z’amayero muri 2017 ariko nubwo habaye amakamba ane ya Ligue 1, ntabwo yafashije ikipe y’Abafaransa gutsindira bwa mbere Champions League.
Nk’uko ibitangazamakuru byo muri Espagne bibitangaza, ngo uru rubanza ni ibisubizo by’ikirego cyatanzwe mu myaka irindwi ishize na DIS, isosiyete yo muri Brazil yibanda ku isoko ry’umupira wamaguru.
Bari bafite 40 ku ijana by’ “uburenganzira bwa Neymar muri federasiyo” igihe yari muri Santos.
DIS ivuga ko bashutswe na Neymar, abo mu muryango we na Barcelona kandi bashaka indishyi zirenga miliyoni 120 z’amayero.



2 Responses
Neymar Jr wa PSG azitaba urukiko mu Kwakira mu rubanza aregwamo na sosiyete yo muri Brazil
Mumpe amakuru agezweho aka kanya mu mikino
Neymar Jr wa PSG azitaba urukiko mu Kwakira mu rubanza aregwamo na sosiyete yo muri Brazil
Mumpe amakuru agezweho aka kanya mu mikino