Bamwe mu bakekwaho kuzavamo umuyobozi mushya wa Al Qaeda uzasimbura al-Zawahiri

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi i Washington bavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse kwica umuyobozi wa al Qaeda, Ayman al-Zawahiri, zikoresheje misile ya drone ubwo yari ahagaze ku ibaraza ry’iwe mu mujyi wa Kabul, muri Afghanstan. Kuri ubu, impuguke zatangiye gutekereza kuri bamwe mu bantu bashobora kuzavamo umusimbura wa al-Zawahiri ku buyobozi bwa Al Qaeda.

Saif Al-Adel

Uyu wahoze ari umusirikare mukuru mu ngabo zidasanzwe za Misiri, ni umunyamuryango wo mu rwego rwo hejuru wa Al Qaeda. Amerika yashyizeho igihembo kigera kuri miliyoni 10 z’amadolari ku watanga amakuru yatuma atabwa muri yombi.

Al-Adel yaketsweho kugira uruhare mu iyicwa rya perezida wa Misiri, Anwar Sadat mu 1981, ava mu gihugu mu 1988 kugira ngo yinjire mu ba mujahideen barwanyaga Abasoviyeti muri Afghanistan nk’uko iyi nkuru dukesha France24 ivuga.

Ni umwe mu bayobozi bakuru ba gisirikare ba al Qaeda, kandi yakunze kwitwa umuyobozi wa gatatu wa al Qaeda. al-Adel yafashije mu gutegura ibitero bya bombe byibasiye Ambasade za Amerika i Nairobi na Dar es Salaam mu 1998 anashinga ibigo b’imyitozo muri Sudani, Pakistan na Afghanistan mu myaka ya za 90.

Mu 2004, agenda ya al-Adel yafatiwe mu gitero cyagabwe muri Arabiya Sawudite. Uruhare rwe muri uyu mutwe rwabaye urwo gutoza, kuyobora ingabo ndetse no kuba umwe mu bashinzwe umutekano wa Bin Laden.

Mbere yo kwinjira muri Al Qaeda yari umunyamuryango w’umutwe w’Abajihadiste bo mu Misiri bari bagamije guhirika leta. Abashakashatsi bo muri Amerika bavuze ko Al-Adel yari afitanye isano n’iyicwa ry’umunyamakuru w’Umunyamerika, Daniel Pearl muri Pakistan mu 2002.

Ibyavuye mu iperereza ryakozwe n’umushinga wa Pearl byagaragaje ko al-Adel yaganiriye ku ishimutwa rya Pearl, na Khalid Sheikh Mohammad, uzwi kandi ku izina rya KSM, uregwa kuba ari we wateguye ibitero byagabwe kuri Amerika ku ya 11 Nzeri 2001.

Al-Adel yagizwe umuyobozi w’agateganyo nyuma y’urupfu rwa Bin Laden.

Yezid Mebarek

Yezid Mebarek uzwi ku izina rya Abu Ubaydah Yusuf al-Anabi, yasimbuye nka emir wa Al Qaeda muri Maghreb ya Kisilamu mu 2020, ubwo igitero cy’Abafaransa cyicaga uwamubanjirije, nyuma yo kuyobora imwe mu nama z’ubuyobozi bw’uyu mutwe.

Uyu muturage wo muri Algeria, Mebarek, yashinzwe ibikorwa by’itangazamakuru muri AQIM, akoresha videwo yo mu 2013 ahamagarira ibitero ku Isi byo kwibasira inyungu z’u Bufaransa nyuma y’uko Paris yohereje ingabo zifasha guhashya abarwanyi bawo muri Mali.

Mebarek, w’imyaka 53, ugaragara ku ifoto imwe afite ubwanwa bwuzuye imvi n’igitambaro cy’icyatsi kibisi, ni inararibonye mu ntambara yo mu gihugu cya Algeria yo mu myaka ya za 90 hagati ya guverinoma n’intagondwa z’abayisilamu, aho yazamutse mu ntera mu mutwe w’abarwanyi witwa GSPC.

AQIM yifashishije akaduruvayo hirya no hino mu karere ka Sahel kugira ngo ibe imwe mu mashami akorera ku Isi kandi akora cyane, ashimuta Abanyaburengerazuba ndetse anagaba ibitero hirya no hino.

Mu rwego rwo kwerekana akamaro ka AQIM kuri Al Qaeda, uwabanjirije Mebarek nk’umuyobozi mukuru wayo, Abdelmalek Droukdel, yagize uruhare mu itsinda ry’abayobozi b’umutwe ku Isi bayobowe na Zawahiri, mbere yo kwicwa n’ingabo z’Abafaransa mu 2020.

Abd Al Rahman Al-Maghrebi

Abd al-Rahman al-Maghrebi wavukiye muri Maroc arashakishwa kugira ngo abazwe na FBI ku bijyanye no kuba muri Al-Qaeda kwe. FBI yavuze ko yize ibijyanye no gukora porogaramu za mudasobwa mu Budage mbere yo kwimukira muri Afghanistan aho yatorewe kuyobora ishami rikuru ry’itangazamakuru rya al Qaeda.

Inyandiko zavumbuwe mu gikorwa cyahitanye Bin Laden zerekana ko al-Maghrebi yari amaze imyaka myinshi ari inyenyeri izamuka muri uyu mutwe. Yabaye kandi umuyobozi mukuru wa Al Qaeda muri Afghanistan na Pakistan.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *