Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko mu cyumweru gitaha ifitanye umukino wa gicuti na Vipers FC FC yo mu gihugu cya Uganda.
Rayon Sports ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yemeje ko izakina na Vipers ku wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga, ubwo izaba yizihije ibirori byahariwe umunsi mukuru wayo wa ‘Rayon Sports Day’.
Uyu munsi ni nabwo Rayon Sports izerekana abakinnyi bose izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2022/23.
Iyi Vipers FC izipima na Rayon Sports isanzwe itozwa n’umunya-BrĂ©sil Robertinho wahoze ayitoza, akaba ari na yo yatwaye igikombe cya shampiyona ya Uganda mu mwaka w’imikino ushize.
Igiye kuza gukina na Rayon Sports mu gihe iheruka gutsinda Young Africans yo muri Tanzania igitego 2-0, mu mukino wabaye ku munsi wahariwe iyi kipe.
Robertinho ugiye kugaruka hano mu Rwanda nyuma y’imyaka itatu ahavuye, ni umutoza ukunzwe cyane n’abakunzi benshi ba Rayon Sports.
Ni nyuma yo kuyegeza muri ÂĽ cy’irangiza cya CAF Confederation Cup ndetse akanayihesha igikombe cya shampiyona ya 2018-19.



2 Responses
Rayon Sports yemeje ko igiye kugarura Robertinho mu Rwanda
NKUNDA RAYON IMBWIRE ABAKINNYI IZASINYISHA
Rayon Sports yemeje ko igiye kugarura Robertinho mu Rwanda
NKUNDA RAYON IMBWIRE ABAKINNYI IZASINYISHA