Depite Jean-Marc Kabund wari utegerejwe kuri uyu wa Mbere, itariki 8 Kanama mu Nteko Ishinga Amategeko, yongeye gutera utwatsi ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, ubutumire bwa Perezida w’Inteko, Christophe Mboso.
Yaramwandikiye ati: “sinshobora kubana namwe mu makosa asa na misa y’umukara ….igamije kuncecekesha”. Uyu mudepite watorewe Mont-Amba yamagana “ihohoterwa rikabije ry’uburenganzira bwe nk’uhagarariye abaturage watowe”.
Kuri we nk’uko iyi nkuru dukesha mediacongo ivuga, “Urwego ntirukwiye gufata icyemezo cyihuse ku cyifuzo gisaba uburenganzira bwo kunkurikirana no kuvanaho ubudahangarwa bwanjye mu gihe iperereza ry’ubucamanza rigikomeje”.
Kabund yari yahamagajwe bwa mbere kuwa Kane ushize n’Inteko ishinga amategeko, yanga kujya kwisobanura. Uyu wahoze ari umuyobozi w’ishyaka rya perezida, wagiye muri opposition, akurikiranyweho, cyane cyane gutuka umukuru w’igihugu, kwangiza ibirego ndetse n’ibitutsi rusange yaba yarakoze ku munsi yatangarije ku mugaragaro ko avuye mu ishyaka riri ku butegetsi akajya gushinga ishyaka rye bwite.
Nyuma yo gutanga uburenganzira bwo kumva uyu mudepite, Inteko ishinga amategeko yasabwe n’umushinjacyaha mukuru mu rukiko rw’iremezo, gukuraho ubudahangarwa bugikikingiye uyu mudepite ndetse no gutanga uburenganzira bwo kumuburanisha.


