Visi-Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, ari mu banya-Kenya bazindukiye mu matora y’Umukuru w’igihugu ahatanyemo ndetse akanaba umwe mu bahabwa amahirwe yo kuyegukana.
Amatora muri Kenya yatangiye nyuma yuko ibiro by’itora bifunguye ku isaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo muri iki gihugu.
Ni amatora agomba gusiga hamenyekanye Perezida mushya, ba Guverineri b’intara, senateri, umugore uhagarariye akarere mu nteko y’igihugu, depite mu nteko y’igihugu, na depite wo mu nteko y’akarere.
Abanya-Kenya barenga miliyoni 22 ni bo biyandikishije ngo batore.
Ruto uri mu bahabwa amahirwe menshi ku mwanya wa Perezida, yamaze gutora ari kumwe n’umugore we.
Bombi batoreye ku ishuri ribanza rya Kosachei ryo mu karere ka Rift Valley mu burengerazuba bw’igihugu.
Nyuma gato yo gutora, Ruto yabwiye abanyamakuru ko amashyushyu ari menshi kuri we.
Ati: “Mfite amashyushyu y’umunsi w’intsinzi. Mfite icyizere cyane ko abaturage ba Kenya bakora amahitamo azerekeza igihugu cyacu kuri ejo hazaza… kuri twe twese ni ukubaha amahitamo y’abaturage”.
Uyu mugabo wari umaze imyaka 10 ari Visi-Perezida wa Kenya, ahatanye mu matora na bagenzi be batatu; barimo Raila Odinga wamaze igihe atavuga rumwe n’ubutegetsi urimo guhatana ku mwanya wa Perezida ku nshuro ya gatanu.
Aba bombi kandi bahatanye na David Waihiga cyo kimwe na George Wajackoyah.






