Kuri iki Cyumweru, itariki 7 Kanama, inyeshyamba zishe abasirikare 17 ba Mali n’abasivili bane mu gitero cyabereye hafi y’umujyi wa Tessit, nk’uko byatangajwe n’Igisirikare cya Mali.
Abasirikare icyenda na bo baburiwe irengero ndetse imodoka n’ibikoresho birasenywa, nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, ryongeraho ko bikekwa ko iki gitero cyagabwe n’ishami rya Leta ya Kisilamu.
Itangazo riragira riti “Ku ya 07 Kanama 2022 ahagana mu ma saa 15h00, imitwe y’ingabo za Tessit … yasubije cyane igitero gikomeye kandi gihuriweho n’imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro, bishoboka ko cyaturutse muri ISGS (Leta ya Kisilamu muri Sahara) yunganirwa n’inkunga z’indege zitagira abapilote n’imbunda zirasa amabombe.”
Iyi nkuru dukesha Reuters iravuga ko Mali yugarijwe n’ubwiyongere bw’imitwe y’intagondwa z’Abayisilamu, imwe ifitanye isano na al Qaeda na Leta ya Kisilamu, ikaba yarakwirakwiriye mu baturanyi bayo muri Burkina Faso na Niger.
Igisirikare cyatangaje ko muri icyo gitero zishe byibuze abarwanyi barindwi ku ruhande rw’umwanzi.


