Butembo: Igitero kuri gereza kiciwemo abapolisi imfungwa zisaga 800 ziratorokeshwa

Sangiza iyi nkuru

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Kanama 2022, igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyagabwe kuri Gereza Nkuru ya Kakwangura, muri Butembo, muri Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, imfungwa zisaga 800 muri 872 zari muri gereza ziratorokeshwa abapolisi bari ku burinzi baricwa.

Amakuru y’ibanze agera ku rubuga Politico.cd dukesha iyi nkuru, avuga ko urusaku rw’imbunda nto n’iziremereye rwumvikanye mu Mujyi wa Butembo guhera saa munani z’ijoro aho amasasu amwe yumvikanye mu nkengero z’icyicaro cy’umujyi no kuri Gereza Nkuru ya Kakwangura.

Amakuru agera kuri VOA Afrique yatangajwe n’umuntu utifuje ko amazina ye atangazwa, avuga ko mu mfungwa 872 zari muri iyi gereza hasigayemo 49 gusa.

Hagati aho, amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko ari inyeshyamba za Mai-Mai nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru Georges Kisando, uvuga ko “ amasasu yanumvikanye mu rukerera mu gice cy’amajyaruguru ya Butembo kandi guhiga inyeshyamba byatangijwe n’abashinzwe umutekano”.

Uyu munyamakuru ukesha amakuru inzego z’umutekano anavuga ko hari abantu bapfuye mu mfungwa no mu bateye.

Igisirikare cya FARDC cyemeje aya makuru y’igitero kuri gereza. Capt. Anthony Mwalushayi, umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare muri ako karere, yavuze ko imibare ya mbere ikiri agateganyo, ivuga ko abapolisi babiri bari barinze gereza bishwe, hakicwa n’umurwanyi wa Mai-Mai witwa Kasereka ndetse hagafatwa imbunda ye n’amasasu 90 yari afite.

Nk’uko bikomeza bitangazwa na FARDC, go imfungwa zimwe, hatatanajwe umubare, zabashije gucika kandi ko icyumba gifungirwamo abagore cyatwitswe mbere y’uko abashinzwe umutekano batabara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *