Ituri: Abashinwa babiri bishwe n’inyeshyamba mu gitero mu kirombe bacukuramo zahabu

Sangiza iyi nkuru

Abashinwa babiri biciwe mu gitero cy’inyeshyamba zo mu mutwe wa CODECO mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ushize mu kirombe bacukuramo amabuye y’agaciro giherereye muri Teritwari ya Djugu, mu Ntara ya Ituri.

Inyeshyamba bivugwa ko ari izo mu mutwe wa CODECO zagabye igitero mu kirombe cyo mu mudugudu wa Bwanga, mu Murenge wa Banyali-Kilo muri Teritwari ya Djugu, aho bivugwa ko zateye zigera mu ijana ziturutse ahitwa Bessé, ahari imwe mu ndiri zazo zikomeye.

Iki gitero gishya ku kirombe cya zahabu cyabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane ushize, nk’uko byatangajwe na POLITICO.CD, aho umwe mu bagize sosiyete sivile yo mu karere, washyize ahagaragara imibare y’agateganyo avuga ko abantu batanu bishwe, barimo Abashinwa babiri, ndetse abaturage benshi bashimuswe n’amazu agatwikwa muri uwo mudugudu.

Basiloko Jean-Robert ukuriye sosiyete sivile yo mu Murenge wa Banyali-Kilo, muri Ituri, yagize ati: “Amasasu yumvikanye ahagana mu ma saa kumi n’imwe za mu gitondo. Nyuma yo kugenzura, twamenyeshejwe ko abarwanyi ba CODECO aribo bateye ikigo cy’abashinwa gicukura zahabu i Bwanga, muri Gurupoma ya Wazabo, Umurenge wa Banyali-Kilo. Imibare y’agateganyo kugeza ubu, ivuga ko Abashinwa babiri biciwe aho abandi bashimuswe. ”

Sosiyete sivile yo muri ako gace itinya kugaruka kw’inyeshyamba za CODECO (ubundi zar ziyemeje guhagarika intambara) n’indi mitwe yitwaje intwaro, muri iyi minsi, irahamagarira guverinoma binyuze mu buyobozi bwa gisirikare gufata ingamba zo kurwanya abo yita abanzi b’amahoro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *