Ikipe ya Chelsea yaraye iguye miswi na Tottenham Hotspur ibitego 2-2, mu mukino wa shampiyona y’Abongereza waranzwe n’ubushyamirane bukomeye hagati y’abatoza b’impande zombi.
Tottenham yari yasuye Chelsea i Stamford Bridge, mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’Abongereza.
Ni umukino wa derbi ya Londres wari utegerejwe na benshi, bijyanye n’uburyo amakipe yombi yitwaye ku isoko muri iyi mpeshyi ndetse no kuba yombi yari yashoboye kubona amanota atatu ku munsi wa mbere wa shampiyona.
Chelsea yihariye cyane igice cya mbere cy’umukino inagisoza iri imbere n’igitego 1-0. Ni igitego cyinjiye ku munota wa 19 w’umukino gitsinzwe n’umunya-SĂ©nĂ©gal Kalidou Koulibaly, nyuma ya koruneri yari itewe na Kai Havertz.
Byasabye umunota wa 68 w’umukino ngo Tottenham igombore ibifashijwemo na Pierre-Emile Hojbjerg, nyuma y’amakosa ya Jorginho wari umaze gutakariza umupira mu rubuga rw’amahina.
Uko umukino wajyaga mbere ni na ko ubushyamirane bwabaga bwinshi hagati y’umutoza Thomas Tuchel na mugenzi we Antonio Conte.
Uyu mutoza ubwo ikipe ye yari imaze kugombora byabaye ngombwa ko arenga igice yagenewe ajya kwishimana n’abafana.
Chelsea yongeye kuyobora umukino ku munota wa 77 biciye kuri Reece James, ibyatumye umutoza Thomas Tuchel yihorera kuri Conte na we akarenga urubuga rwe ajya kwishimana n’abafana.
Ibintu byahinduye isura ku munota wa gatandatu w’inyongera ubwo Harry Kane yishyuriraga Tottenham igitego cya kabiri yari imaze gutsindwa.
Ni igitego uyu rutahizamu yatsinze n’umutwe, nyuma y’umupira wari uturutse muri koruneri.
Igitego cya Kane cyakurikiwe n’amakarita atukura yeretswe umutoza Conte na mugenzi we Tuchel.
Kunganya uyu mukino byatumye amakipe yombi agira amanota ane, akaba arushwa amanota abiri na Manchester City na Arsenal ziyoboye shampiyona.








