Muri uku kwezi gushize, hari umugore washinje Perezida Emmerson Mnangagwa n’abandi banyapolitiki bo muri Zimbabwe kuba baramufashe ku ngufu muri za 2000 ataraba perezida.
Ni umugore uba muri Australia witwa Susan Mutami, wemeje kuri twiter ko yafashwe ku ngufu n’abanyapolitiki benshi mu gihugu cye cya Zimbabwe mu myaka ya za 2000.
Mu bo yashinje, harimo Emmerson Mnangagwa waje kuba umukuru w’igihugu, ariko harimo n’uwahoze ari minisitiri w’umutekano w’igihugu, Owen Ncube, uwahoze ari minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Sibusiso Moyo (wapfuye mu mwaka ushize) n’uwari visi minisitiri ushinzwe ubcukuzi bw’amabuye y’agaciro, Polite Kambamura.
Uyu mugore nk’uko iyi nkuru dukesha Jeune Afrique ivuga, yatanze ikirego muri Polisi ya Australia.

Ni ibirego ariko Harare yaciye amazi itifuje kuira icyo ibivugaho. Umuvugizi wa Perezidansi, George Charamba, ubwe yanze kugira icyo abivugaho, avuga gusa ko adasobora kugira icyo avuga ku bihuha kandi ntacyo afite cyo guhisha.
Umusesenguzi mu bya politiki, Eldred Masunungure, yagize ati “ Bishoboka gacye cyane ko ibyo birego byo gufata ku ngufu byagira icyo bihindura ku migambi ya Mnangagwa yo kongera gutorerwa kuyobora ZANU-PF muri Kongere yo mu Kwakirano kwiyamamariza manda ya kabiri ku buyobozi bw’igihugu mu matora yo mu mwaka utaha,”
Ni mu gihe umushakashatsi muri Kaminuza ya Johannesburg, Admire Mare, asanga ibyo birego biregwa perezida bishobora gutesha agaciro ibyo yagezeho kugeza ubu mu kuzamura abagore.



2 Responses
Umugore uba muri Australia arashinja abarimo Perezida Mnangagwa kumufata ku ngufu
Ibirego biragwira…Iki cyo ni gatumwa ndakurahiye! Arihandagaje yandagaza Mr Mnanganwa, The President of Republic of ZIMBABWE…
Umugore uba muri Australia arashinja abarimo Perezida Mnangagwa kumufata ku ngufu
Ibirego biragwira…Iki cyo ni gatumwa ndakurahiye! Arihandagaje yandagaza Mr Mnanganwa, The President of Republic of ZIMBABWE…