Lt Gen. Kainerugaba yageze muri Ethiopia kuri iki Cyumweru

Umuhungu wa Museveni, Lt Gen. Kainerugaba yageze muri Ethiopia

Sangiza iyi nkuru

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda unayobora ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yageze muri Ethiopia kuri uyu wa 21 Kanama 2022.

Lt Gen. Kainerugaba yakiriwe n’itsinda ry’abayobozi batandukanye bo muri Ethiopia barimo ushinzwe ubutasi bw’igisirikare, bagirana ikiganiro.

Uyu munsi byitezwe ko uyu musirikare ahura na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, akamugezaho ubutumwa bwa Perezida Museveni, bunerekeye impamvu yatumye ajya muri iki gihugu kiri mu ihembe rya Afurika.

Tariki ya 20 Kanama, Lt Gen. Kainerugaba yatangaje ko agiye muri Ethiopia kumvikanisha ibihugu byombi yemeza ko ari bikuru kuri uyu mugabane, kuko ngo bitumvikana, akarere ka Afurika y’iburasirazuba ntikatekana.

Umubano wa Uganda na Ethiopia watangiye kuzamba ubwo Lt Gen. Kainerugaba yagaragazaga ko ashyigikiye ‘abavandimwe be muri Tigray’ bari bahanganye na Leta, bihumira ku mirari ubwo hasohokaga raporo ishinja Uganda guha ubufasha umutwe witwaje intwaro wa TPLF n’ubwo yayiteye utwatsi.

Lt Gen. Kainerugaba yageze muri Ethiopia kuri iki Cyumweru
Lt Gen. Kainerugaba yageze muri Ethiopia kuri iki Cyumweru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *