Kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Kanama 2022, umupfakazi w’umukinnyi w’icyamamare wa basketball, Kobe Bryant, yahawe miliyoni 16 z’amadolari n’abacamanza kubera usangiza amafoto y’imirambo y’abantu bahitanwe n’impanuka ya kajugujugu umugabo we yaguyemo, n’umukobwa wabo, Gianna w’imyaka 13 mu 2020.
Vanessa Bryant yari yareze Intara ya Los Angeles, avuga ko yinjiye mu buzima bwite, nyuma yo gushinja abagize ishami ry’umugenzuzi w’akarere ka Los Angeles n’abashinzwe kuzimya umuriro ko bakwirakwije amashusho ateye ubwoba y’iyo mpanuka nk’uko tubikesha Reuters.
Chris Chester, umugore we Sarah w’imyaka 45 n’umukobwa we, Payton w’imyaka 13, bari mu baguye muri iyo mpanuka kandi biyunze ku mugore wa Bryant mu kuregera ayo mafoto, yahawe miliyoni 15 z’amadolari, bituma impozamarira yose igera kuri miliyoni 31.
Madamu Bryant, wari mu cyumba cy’urukiko rwa leta ya Los Angeles igihe urubanza rwasomwaga nyuma y’iburanisha ry’iminsi 11, yongeye kugaragara yihanagura amarira. We n’umwunganira banze kuvugana n’abanyamakuru ubwo bavaga mu rukiko.


