Igisirikare cya Ethiopia kiravuga ko cyahanuye indege yari ishyiriye TPLF intwaro

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu ushize, Ingabo za Ethiopia zavuze ko zarashe indege y’ubwikorezi yari yikoreye intwaro zari zishyiriwe inyeshyamba za TPLF, nyuma y’imirwano yongeye kubura hagati ya leta n’izi nyeshyamba mu majyaruguru y’iki gihugu.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe ibikorwa by’ingabo z’igihugu cya Ethiopia, Maj. Gen. Tesfaye Ayalew yagize ati: “Indege yarasiwe hejuru ya Humera y’Amajyaruguru ubwo ynjiraga mu kirere cya Ethiopia ivuye muri Sudani.”

Uyu muyobozi wa gisirikare yavuze ko indege yahanuwe n’ingabo zirwanira mu kirere za Ethiopia ahagana mu ma saa yine z’ijoro ku isaha yaho ariko ntiyatanze ibisobanuro birambuye.

Kugeza ubu ntiharamenyekana nyiri iyi ndege nk’uko iyi nkuru Daily Monitor ikesha Nation Africa ivuga.

Uyu muyobozi yagize ati: “Ingabo za Ethiopia (NDF) ziri maso kugira ngo zirinde igihugu cyazo abanzi bose, abaterabwoba bagerageza guhungabanya ubusugire bwa Ethiopia.”

Mbere, Redwan Hussein, Umujyanama mu by’umutekano wa Minisitiri w’intebe wa Ethiopia, yari yavuze ko indege yarasiwe mu murwa mukuru w’Intara ya Tigray, Mekelle, mu gihe yari irimo gupakurura intwaro.

Nation Africa iravuga ko itabashije kugenzura izo nkuru zombi.

Umwe mu bayobozi bakuru muri Tigray we yateye utwatsi ibyatangajwe n’Igisirikare cya Ethiopia avuga ko ari inkuru mpimbano.

“Barimo guhimba inkuru zerekeye indege zitwaye intwaro muri Tigray kandi ko imwe muri zo yarashwe n’ingabo zabo zirwanira mu kirere. Ni ikinyoma cyeruye! ”, uyu ni Getachew Reda, umujyanama wa Perezida wa Tigray.

Ibiro by’ububanyi n’amahanga bya Tigray na byo byasohoye itangazo rivuga ko ibi birego ari “ikinyoma cyeruye.”

“Nta ndege zinjiye muri Tigray; kandi nta ndege yahanuwe. Kuba bwaramaze kugira intambara kuri Tigray mpuzamahanga, ubutegetsi bwa Abiy burimo gushakisha urwitwazo kugira ngo busobanure ubukangurambaga bwa jenoside ikomeje gukorwa. ”

Ibyatangajwe n’Igisirikare cya Ethiopia byaje nyuma y’amasaha make hatangajwe iyubura ry’imirwano yarangije agahenge kari kamaze amezi atandatu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *