Maj. Ngoma avuga ko FARDC idafite ubushobozi bwo gukura M23 i Bunagana

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu rwego, Major Willy Ngoma, avuga ko igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, kidafite ubushobozi bwo kubirukana mu mujyi wa Bunagana bafashe.

M23 yafashe Bunagana mu gitondo cya tariki ya 13 Kamena 2022, imenyesha Abanyekongo n’amahanga ko izava muri uyu mujyi mu gihe Leta ya RD Congo izaba yemeye kugirana imishyikirano na yo, ikubahiriza amasezerano impande zombi zagiranye.

Ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amakuru avuga ko FARDC yirukanye M23 mu gace kamwe ka Bunagana, ariko Maj. Ngoma asobanura ko ari ikinyoma kidafite ishingiro, kuko umwanzi bahanganye ari umunyantege nke.

Mu kiganiro yagiriye kuri Mama Urwagasabo TV, Maj. Ngoma yasubije umunyamakuru ati: “Twatakaje hehe se? Mu yihe nzira se? Ariko FARDC irafite imbaraga kabisa yo kudukura muri eneo [agace] yacu? Ntabwo bishoboka kabisa. Urarose, ziriya ni inzozi.”

Maj. Ngoma yavuze ko umugambi M23 ivugwaho wo kuzafata ibindi bice byo muri Rutshuru yose n’umujyi wa Goma ari ikinyoma, gusa ngo ku bw’umutekano wabo bashobora kuzahafata.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *