Umusimbura wa José Eduardo dos Santos yiteguye kuyobora indi manda nyuma y’uko ishyaka rye, MPLA, ritsinze ku bwiganze mu matora rusange. Ariko, mu buryo butigeze bubaho, abatavuga rumwe na leta batsinze mu ntara eshatu, harimo n’umurwa mukuru Luanda, nk’uko ibyavuye mu matora by’agateganyo bibigaragaza.
João Lourenço, uri ku butegetsi kuva mu 2017 akaba n’umuyobozi w’ishyaka Mouvement populaire de libération de l’Angola (MPLA), arenda kongera kuyobora mu yindi manda y’imyaka itanu igihugu cya kabiri gicukura peteroli nyinshi muri Afurika nyuma y’amatora rusange yabaye kuwa 24 Kanama 2022.
Ku butegetsi kuva mu 1975, ishyaka MPLA ryagize amajwi 51.07% mu matora ataziguye yatumye umuyobozi w’ishyaka aza ku mwanya wa mbere mu matora ya Perezida wa Repubulika. Gusa ayo ni yo majwi macye iri shyaka ribonye kuva intambara y’abenegihugu yarangira mu 2002.
MPLA yabonye amajwi 82% mu matora ya 2008 ndetse igira 72% muri 2012 na 61% muri 2017 mu matora rusange. Ikindi kintu kitigeze kibaho, n’uko ishyaka rya perezida ryatsinzwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu murwa mukuru, Luanda, ndetse no mu zindi ntara ebyiri zo mu majyaruguru y’igihugu; Zaire ndetse na Cabinda.
Ishyaka rya UNITA riyobowe na Adalberto Costa Júnior, ari naryo riyoboye atavuga rumwe n’ubutegetsi ryashakaga kuzana impinduka mu butegetsi, ryagize amajwi 44.05%, nk’uko bigaragara mu bisubizo by’agateganyo by’amajwi 97% yari amaze kubarurwa kuri uyu wa Kane, itariki 25 Kanama, yatangajwe na komisiyo yigihugu ishinzwe amatora (CNE).


