Ibyavuye mu bushakashatsi bwashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu, itariki ya 24 Kanama 2022, ku matora yo mu 2023 muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, muri raporo y’ikigo cy’ubushakashatsi ku mibereho cy’Abanyamerika, Geopoll, bivuga ko Abanyekongo benshi bakomeje guhuriza ku guha manda ya kabiri Perezida FĂ©lix Tshisekedi.
Muri ubu bushakashatsi bwakorewe mu gihugu cyose mu baturage batoranyijwe b’Abanyekongo barenga 10,000, benshi mu babajijwe bakomeje kwiyemeza guha Felix Tshisekedi manda ya kabiri nk’uko ii nkuru dukeshaa mediacongo.net ivuga.
“Abarenga gato kimwe cya kabiri cy’ababajijwe bagaragaza ko bifuza guha Perezida Tshisekedi manda ya kabiri, mu gihe kimwe cya gatatu bavuga ko badashaka gutora undi mukandida,” ibi ni bimwe mu bikubiye muri iyo raporo.
Abandi bakandida bafite amahirwe inyuma ya Perezida Félix Tshisekedi nk’uko ubu bushakashatsi bubigaragaza, barimo Martin Fayulu, Moïse Katumbi na Joseph Kabila ku ijanisha rito.



4 Responses
Abanyekongo benshi barashaka guha Tshisekedi indi manda – Ubushakashatsi
Yewe nibayimwihere pe arayikwiriye.nubwo umutekano ukirimuke muri kivu yamajaruguru,ariko perezida ndacho atakoze ngamahoro agaruke,kandi nzi ko bizachamo.
Abanyekongo benshi barashaka guha Tshisekedi indi manda – Ubushakashatsi
Yewe nibayimwihere pe arayikwiriye.nubwo umutekano ukirimuke muri kivu yamajaruguru,ariko perezida ndacho atakoze ngamahoro agaruke,kandi nzi ko bizachamo.
Abanyekongo benshi barashaka guha Tshisekedi indi manda – Ubushakashatsi
M23 yamukiniye umukino wo gutuma akundwa n’abaturage kugirango yongere atorwe.
Politiki ni umukino w’ubwenge wumvwa gusa n’abawutegura.
Abanyekongo benshi barashaka guha Tshisekedi indi manda – Ubushakashatsi
M23 yamukiniye umukino wo gutuma akundwa n’abaturage kugirango yongere atorwe.
Politiki ni umukino w’ubwenge wumvwa gusa n’abawutegura.