Umusirikare mukuru wa FARDC yishwe n’abantu bitwaje intwaro i Kalehe

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare mukuru mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) yishwe n’abantu bitwaje intwaro ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu ushize, itariki ya 26 Kanama, ahitwa Bunyakiri, muri Teritwari ya Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Uyu musirikare wishwe yari afite ipeti rya major mu ngabo za FARDC, nk’uko byatangajwe kuwa Gatandatu ushize, itariki ya 27 Kanama na Didier Kitumaini, Perezida wa sosiyete sivile ya Bunyakiri avugana na INTERVIEW.CD.

Ati: “Yishwe n’abitwaje intwaro batamenyekanye i Chabunda nyuma y’ubwumvikane buke hagati y’umunywi w’urumogi abo basirikare bataye muri yombi batazi ko abo bitwaje intwaro bari hafi aho. Uku ni ko amasasu yarashwe hagati y’impande zombi, Major wa FARDC yaguye aho maze abasirikare ba FARDC bakurikirana abagabye igitero i Lukando ”.

Didier Kitumaini avuga ko nyuma y’ibi bibazo, abaturage ba Lukando bahungiye ahitwa Nyamunene. Ibibazo by’umutekano muri Kambale, ahabereye imirwano, ndetse n’ibice bihakikije bikomeje gutera ubwoba.

Perezida wa sosiyete sivile ya Bunyakiri, Didier Kitumaini akomeza agira ati: “Sosiyete sivile ya Bunyakiri irasaba ko hakorwa iperereza rikomeye kugira ngo hamenyekane kandi hashyikirizwe inkiko abakekwaho kuba baragize uruhare mu rupfu rw’uyu musirikare”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *