Kuri uyu wa Mbere ushize, abantu 18 bapfuye nyuma y’uko abapolisi ba Madagascar bararashe ku baturage bari bariye karungu kubera ishimutwa ry’umwana ufite ubumuga bw’uruhu, nk’uko umuganga mukuru yabitangarije AFP.
Abantu benshi barakomeretse, bamwe muri bo bakaba baakomeretse bikomeye.
Dr. Tango Oscar Toky, umuganga mukuru mu bitaro byo mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Madagascar yagize ati: “Kugeza ubu, abantu 18 bapfuye bose, icyenda bahise bapfira aho icyenda bapfiriye mu bitaro.”
Yakomeje agira ati: “Muri 34 bakomeretse, icyenda bari hagati y’ubuzima n’urupfu”.
“Dutegereje kajugujugu ya guverinoma ibajyana mu murwa mukuru”.
Umupolisi wagize uruhare mu iraswa yavuze ko abigaragambyaga bagera kuri 500 bitwaje ibyuma n’imipanga “bagerageje” kwinjira kuri sitasiyo ya polisi ku ngufu.
Umupolisi yabwiye AFP kuri telefoni avuye mu mujyi wa Ikongo, ku birometero 350 uvuye ku murwa mukuru Antananarivo ati: “Habayeho imishyikirano, (ariko) abaturage barahatiriza.”
Yavuze ko abapolisi babanje kurasa ibyuka biryana mu maso hanyuma barasa mu kirere kugira ngo bagerageze gutatanya imbaga.
Ati: “Bakomeje guhatiriza. Nta kundi twari kubigenza uretse kwirwanaho.”
Polisi y’igihugu mu murwa mukuru yemeje ibi “ibintu bibabaje cyane”, ariko ivuga ko hapfuye 11 gusa, 18 barakomereka.
Umuyobozi mukuru wa polisi y’igihugu, Andry Rakotondrazaka, yatangarije abanyamakuru ko ibyabaye ari “ibintu bibabaje cyane. Byashoboraga kwirindwa ariko byarabaye”.


