rodman_trinity_cc-scaled.jpg

Umukobwa wa Dennis Rodman yabaye umukinyi wa mbere uhembwa akayabo muri ruhago y’abagore

Sangiza iyi nkuru

Trinity Rodman, umukobwa w’imyaka 19, w’icyamamare mu mukino wa Basketball, Dennis Rodman, yabaye umukinnyi wa mbere uhembwa menshi mu mateka ya shampiyona y’umupira w’amaguru w’abagore muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu wabaye umukinnyi mushya w’umwaka mu 2021 yongereye amasezerano na Washington Spirit.

Mu iyongerwa rye rishya harimo amasezerano y’imyaka ine kuri miliyoni 1.1 y’amadolari y’Amerika, kuri ubu akaba arenze ayo yinjije mu masezerano yari asanzweho, amasezerano y’imyaka itatu n’umushahara w’amadorari 42.000 yo gukina muri Shampiyona y’umupira w’amaguru mu bagore.

rodman_trinity_cc-scaled.jpg

Trinity azajya yinjiza amadorari 281.000 ku mwaka, umushahara urenze uw’amadolari 250.000 ahembwa Alex Morgan na Megan Rapinoe, abagore babiri bakomeye bo mu ikipe y’igihugu ya Amerika nk’uko tubikesha Yahoonews.

Uyu mukobwa yasinye amasezerano yimyaka itatu umwaka ushize hamwe n’impuzandengo y’umushahara fatizo wa $ 42.000 hiyongereyeho aho kuba n’utundi duhimbazamusyi.

c6zg3x1uyaaf2tw.jpg
Trinity Rodman na se, Dennis Rodman

Trinity Rodman yabaye umukinnyi mushya w’umwaka n’umukinnyi ukiri muto w’umwaka muri ruhago y’abagore muri Amerika, kandi ni we wenyine mu ikipe ye watumiwe mu myitozo y’ikipe y’igihugu y’abagore muri Amerika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *