Urukiko bivugwa ko rukorera mu kwaha kw’abasirikare muri Myanmar rwakatiye Aung San Suu Kyi wahoze ari perezida indi myaka itatu y’igifungo kubera ibirego by’uburiganya mu matora, nk’uko abamwunganira babitangarije BBC.
Madamu Suu Kyi wahoze ayobora igihugu, ubu amazegukatirwa igifungo cy’imyaka 20 ku byaha 11, mu gihe hasigaye ibirego byinshi.
Yahakanye ibyo aregwa byose, kandi imanza zaciwe zamaganwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ishingiye kuri politiki.
Aramutse ahamwe n’ibyaha byose aregwa, ashobora guhanishwa igifungo cy’imyaka 200.
Abamwunganira bavuze ko igihano gishya yahawe kirimo n’imirimo ivunanye. Uyu mugore w’imyaka 76 wahawe igihembo cyitiriwe Nobel yamaze igihe kinini afunzwe afungiye mu rugo mu murwa mukuru Nay Pyi Taw.
Abaturage n’itangazamakuru ntibigeze babasha kumva iburanisha ryabereye mu muhezo kandi igisirikare cyabujije abamwunganira kuvugana n’abanyamakuru.
Urukiko rwamuhamije icyaha cyo gukora uburiganya mu matora rusange yo mu Gushyingo 2020, ishyaka rye, National League for Democracy (NLD), ryatsinze cyane.
Ingabo zahiritse ubutegetsi bwa Aung San Suu Kyi mu mwaka ushize nyuma yo kuvuga ko habaye uburiganya bukabije mu matora, ariko abakurikiraniye hafi amatora bigenga bavuga ko ibyavuye muri aya matora “bihagarariye ubushake bw’abaturage”.


