Kuri uyu wa Kane ushize, ishyaka nyamukuru ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Angola ryatangaje ko ryajuririye urukiko ryamagana ibyavuye mu matora y’abadepite yahaye intsinzi ishyaka riri ku butegetsi ndetse na manda ya kabiri kuri perezida ucyuye igihe, Joao Lourenço .
Faustino Mumbika, Umunyamabanga w’ishyaka UNITA ku rwego w’igihugu, yatangarije AFP ati: “Ubujurire bwo guhangana n’ibisubizo bya nyuma bwatanzwe uyu munsi”.
Uburyo bwo kwamagana ibyavuye mu matora buteganya ko ubujurire mu nzira y’amategeko bugomba kubanza gushyikirizwa komisiyo y’amatora mbere y’uko urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rufata icyemezo nk’uko iyi nkuru dukesha Voaafrique ivuga.
Ku butegetsi kuva Angola yabona ubwigenge ibuhawe na Portugal mu 1975, ishyaka MPLA ryatsinze ku majwi 51.17%, nk’uko ibyavuye muri komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora (CNE) byasohotse ku wa Mbere bibigaragaza, kuri 43, 95% UNITA yegukanye.
Iri shyaka riyobowe na Adalberto Costa Junior, ufite imyaka 60, rivuga ko “ritigeze rimenyeshwa icyemezo” cya komisiyo y’amatora cyo kwemeza ibisubizo bya nyuma, cyangwa ngo kibone “kopi y’inyandikomvugo y’ibara ry’amajwi”.


