Dr William Ruto uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Kenya yatangaje ko Perezida Uhuru Kenyatta ashobora kuba atarishimiye kuba yaratsinze umukandida yari ashyigikiye, Raila Odinga.
Uyu munyapolitiki wari usanzwe ari Visi Perezida wa Kenya yabibwiye umunyamakuru wa CNN, Christiane Amanpour, mu kiganiro bagiranye kuri uyu wa 7 Nzeri 2022, amaze kumubaza niba Perezida wa Kenya yaramushimiye ku bw’intsinzi yegukanye.
Ruto yasubije ati: “Ku bw’amahirwe make ntabwo Perezida Kenyatta yabonye bikwiye ko anshimira. Ariko ntacyo bitwaye. Bishoboke ko yaba yarumvise atengushywe ukuntu cyangwa se akaba atishimiye ko natsinze umukandida we, gusa ni ko politiki iteye.”
Perezida Kenyatta ubwo yari mu nama n’abakandida bo mu ihuriro Azimio la Umoja kuri uyu wa 7 Nzeri, yavuze ko umuyobozi we yemera ari Odinga, n’ubwo yitegura gushyikiriza ububasha Ruto nyuma y’aho urukiko rw’ikirenga rwemeje ko ari we watsinze amatora.
Uyu Mukuru w’Igihugu yagize ati: “Nzatanga ububasha nseka kubera ko ari inshingano ntegekwa n’Itegekonshinga ariko umuyobozi wanjye ni Baba, Raila Odinga. Politiki si ikintu cyo kugumana mu mufuka wawe.”
Ishyaka Jubilee rya Perezida Kenyatta na ODM rya Odinga ahuriye mu ihuriro Azimio la Umoja. Ni yo mpamvu uyu Mukuru w’Igihugu atigeze ashyigikira Ruto mu gihe cyo kwiyamamaza.


