Minisitiri w'Intebe Nabbanja yabwiye abadepite ko iperereza riri gukorwa kuri ibi bibazo

Umukuru w’Inteko ishinga amateko ya Uganda yatangaje ko hari abashaka kumwica

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’inteko ishinga amategeko ya Uganda, Anita Annet Among, yatangarije abadepite na Minisitiri w’Intebe, Robinah Nabbanja ko hari abantu bakomeje kumukurikirana bashaka kumwica.

Mu kiganiro abadepite bagiranye na Nabanjja kuri uyu wa 8 Nzeri 2022, nk’uko ikinyamakuru Daily Monitor cyabitangaje, Among yavuze ko amakuru yamenye ari uko hari abicanyi bari gukurikirana imodoka ye.

Uyu mugore yagaragaje ko abashaka kumwica ari abifuza ko ava kuri uyu mwanya, ariko ngo ntacyo bazageraho kuko Imana ari yo yawumushyizeho.

Ati: “Namenye amakuru nabwiye Umuyobozi wa Opozisiyo wenyine, ubu nayababwira. Nabwiwe ko hari abashaka kunyica. Uwo ari we wese ushaka kwica Anita, ndagira ngo mubwira ko uyu mwanya nawushyizweho n’Imana kandi nzawukoresha kugeza naniwe.”

Among yabivuze mu gihe Minisitiri w’Intebe Nabbanja yari yatumijweho kugira ngo avuge ingamba guverinoma iri gufata ku kuburirwa irengero, gufungwa no kwicwa gukomeje kubera muri Uganda.

Nabbanja yahumurije Among n’abandi badepite, ababwira ko umutekano w’igihugu urinzwe kandi ibi bibazo bivugwa biri gukorwaho iperereza. Ati: “Ndamenyesha bagenzi banjye n’iyi Nteko ko Leta ya NRM ihari, itabuze. Biratureba, utubazo duto turiho tuzakemurwa kandi turi gukoraho iperereza.”

Anita Among yagiye kuri iyi nshingano muri Gicurasi 2022, asimbuye Jackob Oulanyah wapfiriye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, azize uburwayi yari yagiye kwivurizayo.

Minisitiri w'Intebe Nabbanja yabwiye abadepite ko iperereza riri gukorwa kuri ibi bibazo
Minisitiri w’Intebe Nabbanja yabwiye abadepite ko iperereza riri gukorwa kuri ibi bibazo

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *