Kasai: Abanyekongo bivuganye umusirikare wa Angola wari umaze kwica mugenzi wabo

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Nzeri 2022, umusivili w’Umunyekongo n’umusirikare wa Angola biciwe i Cambinza, agace ka Angola, gaherereye hafi y’umupaka wa Kabungu, mu ntara ya Kasaï, yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Amakimbirane hagati y’uyu munyekongo w’imyaka 32, uzwi ku izina rya André Mulowa, n’abasirikare ba Angola ku bicuruzwa yaje kuvamo ubwicanyink’uko bitangazwa na mediacogo.net.

Abatangabuhamya bavuga ko abasirikare batatu bo muri Angola bifuzaga kunyaga umusore ukomoka mu gihugu cya Congo amajerekani 6 y’inzoga ‘inkorano ya Tshitshampa hamwe n’amajerekani 2 y’amavuta y’amamesa yashakaga kugurana na lisansi.

Nyuma y’ibiganiro birebire nibwo umusirikare yarashe yegereye umusore ahita apfa, abandi babiri barahunga.

Bamaze kubona urupfu rwa mugenzi wabo, aandi banyekongo bihoreye bica umusirikare wa Angola banatwara imbunda ye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo nk’uko byatangajwe na sosiyete sivile yo muri icyo gice.

Iyi mbunda kuri ubu iri mu maboko y’akanama gashinzwe umutekano ka Nsumbula kandi iyo mirambo yombi yajyanwe i Dundo, umurwa mukuru w’intara ya Lunda Norte yo muri Angola, nk’uko amakuru abitangaza.

Ibikorwa bihungabanya umutekano hagati y’abasivili n’abasirikare ba Angola bikunze kumvikana ku mupaka uhuza Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Repubulika ya Angola, cyane cyane mu Ntara ya Kasai.

Mu ntangiriro z’umwaka ushize, ku ya 4 Gashyantare 2021, muri ako gace, abasirikare ba Angola bararashe kandi bica umucukuzi w’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe w’Umunyekongo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *