ASP Aruho wari ukuriye abashinzwe kurinda Perezida w’Inteko ya Uganda yatorokeye muri Amerika

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Uganda n’Inteko Ishinga Amategeko byakajije umurego mu iperereza ku kuntu uwari ukuriye uburinzi bwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anita Among, uherutse gutangaza ko haba hari umugambi wo kumwivugana, yaba yarabuze mu buryo w’amayobera mu byumweru bibiri bishize .

Aggrey Aruho, w’ipeti rya ASP mu Gipolisi cya Uganda (uri ku ifoto aherezwa umugati na Anita Among), bivugwa ko yatorotse akaba ari muri Amerika aho yagiye yitabiriye ikoraniro rya 34 y’Ishyirahamwe ry’Abagande baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Uganda North America Association).

Iri koraniro ngarukamwaka ryabereye i San Francisco muri Leta ya California kuva ku ya 2 Nzeri kugeza 5 Nzeri nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga.

Iperereza ry’ibanze ryerekana ko ukuriye umutekano wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko mbere yo kuzimira, yari yabanje kumenyesha ko atameze neza, gusa Inteko ishinga amategeko iza kumenya ko yari yamaze kugera mu mahanga.

Abashinzwe iperereza barimo gusuzuma amakuru avuga ko bamwe mu bakozi b’Inteko bashobora kuba barorohereje ASP Aruho kubona viza yo kujya muri Amerika nta bisobanuro, kandi bitazwi na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko.

Ibura rye ryakurikiwe nyuma y’icyumweru, kuri uyu wa Kane ushize, no kumva Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among, atangaza ko imodoka ze z’akazi hari abantu bazikurikirana kandi yabonye raporo yerekana umugambi wo kumwica.

Ati: “Nabonye raporo kandi nabibwiye gusa Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi none nshobora kubibabwira ku mugaragaro [abadepite] ko nabonye raporo [y’umugambi] wo kunyica”. Yakomeje agira ati” imodoka yanjye iracyakurikiranwa kugeza ubu. ”

Perezida w’Umutwe w’Abadepite ntiyatangaje uwateguye umugambi, kandi ntiyasobanuye impamvu atigeze abimenyesha polisi ari na yo ishinzwe kumurinda ahubwo akabihishurira ukuriye abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu nteko, Mathias Mpuuga.

Ntibirasobanuka neza rero impamvu Anita, wahoze abarizwa ku ruhanderutavuga rumwe n’ubutegetsi mbere yo kwinjira mu ishyaka riri ku butegetsi, NRM, yahisemo kugeza aya kuri Mpuuga aho kubimenyesha abakuru bo mu ishyaka rye cyangwa Leta.

Mu gihe abashinzwe iperereza batangiye iperereza, ubuyobozi bw’Inteko bwahise buhagarika Louis Bakyenga, umunyamabanga mukuru wihariye wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Wungirije, na James Bamuwamye, ushinzwe protocole, bombi bivugwa ko batunganyije ingendo z’itsinda ry’Inteko Ishinga Amategeko ryitabiriye ikoraniro rya UNAA, kubera ko bakekwaho kugira uruhare mu gufasha ASP Aruho kubona ibyangombwa byo kujya muri Amerika

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *