Ikirego kirega Perezida w’inzibacyuho wa Guinea, Colonel Mamady Doumbouya, cyatanzwe i Paris kuwa Kane ushize nk’uko amakuru agera kuri AFP aturuka ku muntu wegereye iyi dosiye avuga .
Perezida w’inzibacyuho wa Guinea araregwa n’Umuryango w’abaturage uharanira kurinda itegeko nshinga (FNDC) “ubufatanyacyaha mu iyicarubozo” no “” kwica ku bushake “. Uyu muryango washeshwe mu kwezi gushize na guverinoma ya Conakry.
Abatanze ikirego baramagana ihohoterwa ryakozwe n’abayobozi ku bigaragambyaga bashinja guverinoma “kuyobora nabi inzibacyuho”. Imyigaragambyo myinshi yo kurwanya abahiritse ubutegetsi yabaye hagati y’ukwezi kwa Nyakanga no hagati muri Kanama nubwo yari yabujijwe na leta. Muri kiriya gihe, FNDC yerekana ko batatu mu banyamuryango bayo barashwe.
FNDC yari yateguye imyigaragambyo ku ya 28 na 29 Nyakanga, abategetsi batabitangiye uburenganzira kandi abantu batanu bayiciwemo.
Iri shyirahamwe rihuza amashyaka ya politiki, amashyirahamwe n’imiryango itegamiye kuri leta, ryabanje gushingwa mu rwego rwo gukumira manda ya gatatu y’uwahoze ari perezida, Alpha Condé.
Kuri ryo, ngo kuba inkiko za Guinea zitigenga bituma hataba urubanza rwizewe kandi ubutabera bw’u Bufaransa bushobora kubigiramo uruhare kuko Mamady Doumbouya na we afite ubwenegihugu bw’u Bufaransa.
Col. Mamady Doumbouya wahiritse ku butegetsi Alpha Conde kuwa 05 Nzeri 2021, yakoreye igisirikare cy’u Bufaransa kandi yashakanye n’Umufaransakazi.


