ICC: Urukiko rw’ubujurire rwateye utwatsi icyemezo cyishyuza Bosco Ntaganda indishyi ya miliyoni 30$

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Nzeri 2022, urugereko rw’ubujurire rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) i La Haye rwanze icyemezo cyo guha miliyoni 30 z’amadolari y’indishyi ku bana bagizwe abasirikare ndetse n’abandi bahohotewe na Gen. Bosco Ntaganda, wahamwe n’ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu byakorewe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo .

Ntaganda yakatiwe igifungo cy’imyaka 30 muri 2019 azira ubwicanyi, gufata ku ngufu n’ubundi bugizi bwa nabi bwakorewe mu ntara ya Ituri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu 2002-2003, ubwo yari umuyobozi w’ingabo z’umutwe w’inyeshyamba wa UPC.

Urukiko rw’ibanze muri Werurwe umwaka ushize rwemeje ko Ntaganda agomba kwishyura abahohotewe indishyi zingana na miliyoni 30 z’amadolari, ayo akaba ari yo mafaranga menshi yigeze ategekwa muri ICC.

Ariko abahagarariye abahohotewe n’abunganira Ntaganda barajuriye nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga.

Ubwo hasomwaga umwanzuro kuri uyu wa Mbere ushize, umucamanza Marc Perrin de Brichambaut yavuze ko urugereko rw’ubujurire “rwabonye amakosa menshi” mu cyemezo cy’urukiko rw’ibanze.

Ati: “Urukiko rw’ibanze” ntirwigeze rufata icyemezo gikwiye ku bijyanye n’umubare w’abahohotewe cyangwa abahohotewe kandi ntirwatanze imibare ikwiye, cyangwa ngo rutange impamvu zihagije, ku mubare w’amafaranga yaciwe Ntaganda “.

Abacamanza b’ubujurire basubije uru rubanza mu rukiko rw’ibanze kugira ngo batange icyemezo gishya ku mubare w’indishyi.

Biragoye kugereranya umubare w’abasirikare b’abana bagizwe abasirikare bo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nk’uko abaharanira inyungu z’abana babitangaza.

Mu gihe bamwe bashobora kuba barashimuswe mbere yo kwinjizwa mu nyeshyamba, abandi ngo biyunze ku nyeshyamba ku bushake.

Ishami rishinzwe kurengera abana ry’Umuryango w’Abibumbye rivuga ko abana bagera ku 2.253 batandukanijwe n’imitwe yitwaje intwaro mu gihugu mu 2018, 3,107 muri 2019, 2,101 muri 2020 na 957 mu mezi icyenda ya mbere ya 2021.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *