Umutwe wa Islamic State ukorera mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique, wigambye kwica abasirikare 16 ba Leta y’iki gihugu giherereye mu majyepfo ya Afurika.
Mu itangazo uyu mutwe w’iterabwoba wasohoye, wavuze ko aba basirikare wabiciye mu gitero uheruka kugaba mu kigo cya gisirikare giherereye ahitwa Nkoe ho mu karere ka Macomia, mu ntara ya Cabo Delgado.
Ni igitero cyabaye ku wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri 2022.
Uretse abasirikare biciwe muri kiriya gitero, Islamic State yatangaje ko abarwanyi bayo banafashe imbunda nyinshi ndetse n’amasasu byasizwe n’abasirikare barokotse bagahitamo kurokora amagara yabo.
Kugeza ubu Leta ya Mozambique ntacyo iravuga ku byatangajwe n’uriya mutwe w’iterabwoba.
Iki gitero cyakora cyo cyabaye mu gihe abarwanyi bo mu mutwe uzwi nka Al Shabaab umaze igihe ukorera iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado bamaze igihe bagaba ibitero mu bice bitandukanye by’iyi ntara.
Ni ibitero byicirwamo abaturage biganjemo abicwa baciwe imitwe, ndetse ibyihebe bikanasiga bitwitse inzu zabo, insengero ndetse n’ibindi bikorwa remezo.


