Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutegura imikino ibiri ya gicuti, irimo umwe mpuzamahanga igomba kwipimamo na AS Dauphins Noirs yo muri Congo Kinshasa.
Ni amakuru yaraye yemejwe n’umutoza Haringingo Francis Christian, nyuma y’umukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona Rayon Sports yari imaze gutsindamo Rwamagana City ibitego 2-0.
Haringingo yavuze ko iyi mikino yombi izaba mu cyumweru gitaha, bitewe n’uko shampiyona yamaze guhagarara kubera imyiteguro y’amakipe y’igihugu ‘Amavubi’.
Amavubi makuru arateganya gukina umukino wa gicuti na Nzalang Nacional ya GuinĂ©e Equatiriale, mu gihe ay’abatarengeje imyaka 23 agomba kwitegura Libya bazahurira mu ijonjora ryo gushaka itike ya CAN U-23 izaba mu mwaka utaha.
Haringingo yabwiye itangazamakuru ko hari imikino ibiri ya gicuti Rayon Sports iteganya gukina.
Ati: “Harimo umukino umwe mpuzamahanga n’undi wa hano mu Rwanda. Tuzakina na Dauphins Noirs yo muri RDC, undi mukino ntabwo turawemeza neza.”
Iyi mikino yombi iteganyijwe mu cyumweru gitaha, hagati y’itariki ya 21 na 24 Nzeri 2022.
Iyi mikino ije yiyongera ku yo Rayon Sports yakinnye mu minsi yashize, irimo iyo yahuriyemo n’amakipe ya Vipers FC na URA yo muri Uganda ndetse n’uwo yahuriyemo na Singida United yo muri Tanzania.
Ni imikino yombi yafashije Rayon Sports kwitegura neza shampiyona, dore ko mu mikino itatu imaze gukina nta n’umwe iratakaza muri yo.


