Goma: Byemejwe ko General Tshinkobo yishwe n’uburozi, Colonel ukekwa atabwa muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Ibizamini byafashwe n’umuganga wa Leta ukorera mu bitaro bya kaminua ya Bukavu, Prof. Alumeti Munyali Désiré, byagaragaje ko Brigadier General Ghislain Tshinkobo Mulamba uherutse gupfira mu mujyi wa Goma yishwe n’uburozi bukaze.

Brig. Gen. Tshinkobo wari komanda w’akarere ka 34 ka gisirikare gaherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yapfuye tariki ya 16 Kanama 2022. Amakuru y’ibanze yavugaga ko yaba yarishwe n’indwara y’umutima.

Inkuru y’urupfu rwa Brig. Gen. Tshinkobo https://bwiza.com/?General-Ghislain-Tshinkobo-yapfiriye-i-Goma

Gusa kubera ko icyishe uyu musirikare cyashidikanywagaho, mu rwego rw’iperereza hitabajwe umuganga wa Leta kugira ngo afate ibipimo ku murambo we maze agaragaze ukuri.

Prof. Munyali mu byavuye muri iri suzuma yashyize ahagaragara tariki ya 10 Nzeri, yasobanuye ko Brig. Gen. Tshinkobo yishwe n’ibinyabutabire byarimo uburozi bukaze.

Ibyavuye muri ibi bizamini byatumye Colonel Kahombo Rambo Augustin wasimbuye Brig. Gen. Tshinkobo atabwa muri yombi. Yamenyeshejwe ko akurikiranweho kumuroga tariki ya 13 Kanama 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *