Umuyobozi wa Goma yategetse ko imyigaragambyo yamagana MONUSCO iburizwamo

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’umujyi wa Goma, Komiseri wa Polisi Makossa Kabeya François yasabye inzego zishinzwe umutekano kuburizamo imyigaragambyo yamagana misiyo y’amahoro w’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) iteganyijwe guhera kuri uyu wa 26 Nzeri 2022.

Ibindi bigamijwe muri iyi myigaragambyo ni ugusaba ko ingabo za Leta zakora ibishoboka byose zikisubiza umujyi wa Bunagana umaze amezi atatu ufashwa n’umutwe wa M23, no gusaba ko intara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri zavanwa mu bihe bidasanzwe zashyizemo muri Gicurasi 2020.

Mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 24 Nzeri, Komiseri Makossa yasabye abaturage kutubahiriza umuhamagaro w’imyiryango yabasabye gusubika ibikorwa byabo mu gihe cy’iminsi ibiri, kugira ngo imyigaragambyo igende neza.

Muri iri tangazo, Komiseri Makossa yasobanuye ko nta myigaragambyo yemewe ahahurira abantu kandi ngo “inzego zishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko n’abapolisi bagomba gukumira iyi myigaragambyo kuko itemewe.”

Uyu muyobozi kandi yateguje inzego z’ubutabera ko zazakora akazi zishinzwe mu gihe hari ibibazo byavuka bitewe n’iyi myigaragambyo itemewe.

Ategetse ko imyigaragambyo itabaho nyuma y’aho muri Nyakanga 2022 habaye indi ikomeye mu mijyi itandukanye yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, yasize ibikorwa bya MONUSCO byangijwe, bamwe barapfa, abandi barakomereka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *