Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, indege ebyiri zagize uruhare mu “kugongana kworoheje” ku Kibuga cy’indege cya Heathrow, i London mu Bwongereza, nk’uko umuvugizi w’ikibuga cy’indege yabyemeje .
Iyi mpanuka yoroheje hagati y’indege ya Icelandair n’indege ya Korean Air ku kibuga cy’indege, irimo gukorwaho iperereza nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.
Umuvugizi w’ikibuga cy’indege cya Heathrow yagize ati: “Nta nkomere zigeze zivugwa ariko serivisi z’ubutabazi ziri gusuzuma ko abagenzi n’abakozi bose bafite umutekano kandi bameze neza.”
Umunyamakuru Jennie Gow ni umwe mu bagenzi bahuye n’ubukererwe nyuma yo gukozanyaho kw’izo ndege.
Umunyamakuru wa The Guardian, Dan Sabbagh, wari umugenzi mu ndege ya Korean Air, yavuze ko bigaragara ko iyi ndege yakojeje ibaba ku yindi ndege.
Yanditse ku rubuga rwa twitter ati: “Ndi mu ndege ya Korean Air yahushuye indege ya Icelandair i Heathrow, umugenzi wo ku rundi ruhande yabonye ibyabaye ambwira ko ibaba ry’indege yacu ryangije umurizo w’indi.”
Uyu yongeyeho ko nk’abari mu ndege batigeze bumva ibyabaye hanze, nta kaga bigeze bumva barimo kandi nta muntu wagize icyo aba.


