Umugore wa 4 ukize ku Isi agiye gutandukana n’umugabo yari yasimbuje umuherwe Jeff Bezos

Sangiza iyi nkuru

Umugore wa kane ukize cyane ku Isi, Mackenzie Scott, yasabye gatanya ashaka gutandukana n’umugabo we wa kabiri, Dan Jewett, bashakanye nyuma yo gutandukana n’umuherwe Jeff Bezos .

Gutandukana bije nyuma y’imyaka itarenze ibiri akoze ubukwe n’uwahoze ari umwarimu wa siyansi.

Ikinyamakuru New York Times cyatangaje ko ku wa Mbere, ari ubwo uyu mugore w’imyaka 52 y’amavuko yatanze ikirego gisaba ubutane mu rukiko rwisumbuye rwa King County muri Leta ya Washington.

Inyandiko z’urukiko zerekana ko Jewett atigeze yanga ubutane.

Jewett na Scott bashyingiranywe muri Werurwe 2021 nyuma yo gutandukana n’umuyobozi wa Amazon, Jeff Bezos.

Yatandukanye na Bezos muri 2019 nyuma y’imyaka 25 babana.

Nk’uko byemezwa n’Ikinyamakuru Forbes gikunze gukora ku nkuru z’ubukungu no gukurikirana abantu bakize kurusha abandi ku Isi, ngo nyuma yo gutandukana na Bezos, Scott, yahawe imigabane 25% muri iyi sosiyete ya Amazon ikora ibijyanye n’ubucuruzi bwo kuri interineti.

Muri uwo mwaka yasinye umuhigo wo gutanga, asezeranya kuzatanga byibuze kimwe cya kabiri cy’ubutunzi bwe, mu gihe azaba akiriho, mu bikorwa by’ubugiraneza.

Yanditse ibitabo bibiri; “The Testing of Luther Albright” na “Traps” byasohotse muri 2013.

Nk’uko Forbes ibitangaza, umutungo wa Scott urabarirwa muri miliyari 34.9 z’amadolari uyu muni ku itariki ya 29 Nzeri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *