Umukobwa wa Domitien Ndayizeye, wahoze ari Perezida w’u Burundi, witwa Sandra Ndayizeye usanzwe ari umunyamategeko wunganira abashinjwa ibyaha yaraye muri Gereza Nkuru ya Bujumbura na murumuna w’umukiriya we, Dr Christophe Sahabo, ukurikiranweho gucuga nabi umutungo w’Ibitaro bya Kira yahoze ayobora .
Sandra Ndayizeye na murumuna wa Dr Sahabo witwa Etienne Sahabo, boherejwe muri Gereza izwi nka Mpimba mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, nyuma yo kmara amasaha umunani bahatwa ibibazo n’ubushinjacyaha bwa Muha. Wari umuns wa kabiri bahatwa ibibazo.
Bombi batawe muri yombi kuwa Kabiri bafatiwe I Bujumbura mu rugo no mu kazi mbere ya saa sita na nyuma ya saa sita mbere yo koherezwa muri kasho ya Zone Kinindo, mu majyepfo ya Bujumbura aho baraye ijoro ryo kuwa Kabiri.
Gustave Niyonzima nawe wunganira Dr Sahabo, yagize ati “ Pariki yabuze ibirego ishinja Me Sandra Ndayizeye na Etienne Sahabo. Nibwo habayeho guhimba kuvuga ko bahatiye abandi banyamigabane gusinya inyandikomvugo y’inteko rusange,”
Sandra Ndayizeye, umwe mu bunganira Dr Christophe Sahabo ndetse na murumuna we, Etienne Sahabo, basanze muri Gereza ya Bujumbura uyu wahoze ayobora Ibitaro bya Kira, ari nabyo biteye imbere muri Bujumbura, umaze amezi afunzwe nk’uko iyi nkuru dukesha SOS Media Burundi ivuga.
Mbere gato yo koherezwa muri gereza, abo mu muryango wa Me Sandra Ndayizeye, umukobwa w’uwahoze ari Perezida w’u Burundi, Domitien Ndayizeye, bari bamaganye kuba adahabwa uburenganzira bo kuvugana n’umuryango we uko bikwiye.
Umwe muri bo yagize ati “ Ni ugute avokayafungwa kandi nta kindi yakoze kitari akazi ke ko kuburanira umukiriya we,”
Abandi banyamigabane babiri bo mu Bitaro bya Kira, umugore n’umugabo, bahaswe ibibazo bari kumwe na Me Sandra, bo bararekuwe.


