Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa La Francophonie, Louise Mushikiwabo, yamaganye byimazeyo ifatwa ry’ubutegetsi ku ngufu muri Burkina Faso, nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi rya kabiri mu mwaka umwe muri iki gihugu, nk’uko byatangajwe na AIP .
Mushikiwabo yagize ati: “Ihirikwa ry’ubutegetsi risubirwamo, hitwajwe umutekano ndetse na demokarasi, ntirishobora kwemerwa. Ibi bihe bibangamira imbaraga zose zigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage”.
Mushikiwabo yamaganye byimazeyo uku gufata ubutegetsi ku ngufu ku kwabaye ku ya 30 Nzeri 2022 kandi yibutsa ko Umuryango wa La Francophonie ishyigikiye byimazeyo imihigo ibihugu na guverinoma byiyemeje mu Itangazo rya Bamako (2000) mu rwego rwo guharanira kugera ku butegetsi mu nzira ya demokarasi.
Umunyamabanga Mukuru wa OIF arahamagarira impande zose gutuza no kwirinda ubugizi bwa nabi kandi ashimangira ko ashishikajwe n’umutekano wa Burkina Faso, igihugu kimaze imyaka myinshi cyibasirwa n’ibitero byica by’imitwe y’iterabwoba.
Umuryango mpuzamahanga wa La Francophonie wari umaze amezi menshi hamwe n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu bukangurambaga bwo guherekeza inzibacyuho yari yitezweho kugeza igihugu mu matora azasubiza ubutegetsi abasivili.
Kubera iyo mpamvu, Louise Mushikiwabo arasaba ko hubahirizwa byimazeyo uburyo bwumvikanyweho kandi bwemewe buganisha ku igarurwa ry’iyubahirizwa ry’itegeko nshinga na demokarasi. Yasabye kumva inshingano no kubungabunga inyungu za Burkina Faso.
Kuwa Gatanu w’icyumweru gishize, itariki 30 Nzeri 2022, nibwo absirikare bayobowe na Capt. Ibrahim Traore bahiritse ku butegetsi Lt. Col. Paul-Henri Sandaogo Damiba wai uyoboye Burkina Faso mu nzibacyuho, nawe wari wahiritse umusivili Roch-Marc Chrstian Kabore muri Mutarama 2022


