Abayobozi ba Somalia kuri uyu wa Mbere batangaje ko umwe mu bashinze umutwe wa Al Shabab yiciwe mu gitero cy’indege .
Iki gitero cyahitanye Abdullahi Nadir cyagabwe ku itariki ya 1 Ukwakira n’Igisirikare cya Somalia ku bufatanye n’ingabo mpuzamahanga z’abafatanyabikorwa.
Abdullhi Ndir, bakunze kwita Abdullahi Yare, yiciwe hafi y’Umujyi wa Haramka nk’uko byatangajwe na minisiteri y’itangazamakuru ya Somalia.
Iyi nkuru dukesha Deutsche Welle iravuga ko Nadir yari yarashyiriweho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika miliyoni 3 z’Amadolari ku muntu wari gutanga amakuru y’ahantu aherereye.
Minisiteri y’itangazamakuru yagize iti “ Uyu muyobozi yari umwarimu mukuru w’agatsiko n’umwe mu bayoboke bazwi b’umutwe wa Al Shabab,”
“Yahoze ari umuyobozi w’akanama ka Shura n’umuyobozi w’umutwe ushinzwe imari.” Akanama ka Shura ni itsinda ngishwanama ryo mu mutwe wa Al Shabab.
Iyi minisiteri ikomeza ivuga ko Nadir yari umwe mu bashinze Al Shabab kandi ari we wari gukurikiraho ku buyobozi bw’uyu mutwe kuri ubu uyobowe na Ahmed Diriye bivugwa ko arwaye.


