Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda usanzwe ari n’Umuvugizi w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yafata Nairobi mu gihe kitageze mu byumweru bibiri, anenga Uhuru Kenyatta kuba atariyamamarije manda ya gatatu ku butegetsi bwa Kenya.
Lt Gen. Kainerugaba kuri uyu wa 3 Ukwakira 2022 yashyize kuri Twitter amafoto abiri ari kumwe na Uhuru, maze yongeraho ubutumwa bugira buti: “Ikibazo cyonyine mfitanye n’umuvandimwe wanjye nkunda ni uko atiyamamarije manda ya gatatu. Twari gutsinda byoroshye!”

Ni ubutumwa bwakiriwe mu buryo butandukanye, bamwe babwira uyu musirikare ko Kenya ari igihugu kigendera kuri demukarasi, bityo ko Uhuru atari kuvogera Itegekonshinga risanzwe rigena ko nta muntu wemerewe kuyobora iki gihugu muri manda zirenga ebyiri.
Yaje gusubiza Abanyakenya ko bo bavuga kuri demukarasi n’Itegekonshinga, ariko Uganda yo igendera ku mpinduramatwara. Ati: “Haha! Nkunda abavandimwe b’Abanyakenya. Itegekonshinga? Iyubahirizwa ry’amategeko? Mugombe kuba mukina! Ku bwacu hari impinduramatwara kandi vuba muzayimenya!”
Nyuma y’iminota 21, Lt Gen. Kainerugaba umaze iminsi atangaza ubutumwa bwinshi kuri uru rubuga, yavuze ko we n’abasirikare be bafata umurwa mukuru wa Kenya, Nairobi, mu gihe kitageze ku byumweru bibiri. Ati: “Ntabwo byadutwara, igisirikare cyanjye nanjye, ibyumweru bibiri kugira ngo dufate Nairobi.”
Kenya iyoborwa na Dr William Ruto guhera tariki ya 13 Nzeri 2022. Ni we wasimbuye Uhuru, nyuma yo kuyobora iki gihugu guhera muri Mata 2013.




6 Responses
Umuhungu wa Museveni yavuze ko yafata Nairobi mu gihe gito, anenga Uhuru wavuye ku butegetsi
Ibintu byo kuyobya abantu nibwo bujiji bwambere guteza social media imbere ubishije mukuyobya abantu ntacyo byakugezaho vuga ibiriho kuko abo ubibwira ntago arinjinji
Umuhungu wa Museveni yavuze ko yafata Nairobi mu gihe gito, anenga Uhuru wavuye ku butegetsi
Ibintu byo kuyobya abantu nibwo bujiji bwambere guteza social media imbere ubishije mukuyobya abantu ntacyo byakugezaho vuga ibiriho kuko abo ubibwira ntago arinjinji
Umuhungu wa Museveni yavuze ko yafata Nairobi mu gihe gito, anenga Uhuru wavuye ku butegetsi
Uyu muhungu wa museveni muri politike aracyari Umwana cyane
Ahubwo arimireo gutuma aba ya buganda bari bibereye muri Kenya baburirwa irebgero bari bibereye mumahoro Kubera ayamagambo adafite ishingiro kuko arata intambara nukubera iki?
Umuhungu wa Museveni yavuze ko yafata Nairobi mu gihe gito, anenga Uhuru wavuye ku butegetsi
Uyu muhungu wa museveni muri politike aracyari Umwana cyane
Ahubwo arimireo gutuma aba ya buganda bari bibereye muri Kenya baburirwa irebgero bari bibereye mumahoro Kubera ayamagambo adafite ishingiro kuko arata intambara nukubera iki?
Umuhungu wa Museveni yavuze ko yafata Nairobi mu gihe gito, anenga Uhuru wavuye ku butegetsi
Kuki Murata intambara nukubera iki
Byakunda kuvuga ibitari
Amagambo etse buriya igiye gupta irivuga ubutwari abagiye gupfa
Umuhungu wa Museveni yavuze ko yafata Nairobi mu gihe gito, anenga Uhuru wavuye ku butegetsi
Kuki Murata intambara nukubera iki
Byakunda kuvuga ibitari
Amagambo etse buriya igiye gupta irivuga ubutwari abagiye gupfa