TPLF yavanye ingabo mu bice bya Amhara ngo zijye guhangana n’ingabo za leta n’iza Eritrea

Sangiza iyi nkuru

Abategetsi b’inyeshyamba zo muri Tigray baravuga ko bavanye ingabo zabo mu duce bigaruriye mu ntara baturanye ya Amhara bakazohereza mu majyepfo kugira ngo zihangane n’igitero gihuriweho bagabweho n’ingabo za Ethiopia na Eritrea mu majyaruguru.

Nyuma y’amezi atanu y’agahenge, imirwano yongeye gutangira mu mpera za Kanama hagati y’inyeshyamba za TPLF na guverinoma ya Ethiopia, ishyigikiwe n’imitwe yitwara gisirikare yo mu Ntara ya Amhara.

Ubutegetsi bwa Asmara, umwanzi ukomeye w’abayobozi b’inyeshyamba zo muri Tigray, buri gufasha Ingabo za Ethiopia, nk’uko byagenze mu ntangiriro z’amakimbirane yatangiye mu Gushyingo 2020, aho ingabo za Eritrea zashinjwe ibyaha nyinshi byo guhohotera Abanya-Tigray.

Ubuyobozi bwa TPLF mu itangazo bwashyize ahagaragara bugira buti: “Guhindura ahantu n’icyerekezo (kw’ingabo zacu) twasanze ari ngombwa kugira ngo duhangane n’igitero cy’ingabo zihuje… Ku ruhande rw’amajyepfo, twimutse rero mu duce two mu ntara ya Amhara twari twarinjiyemo”.

Iki cyemezo cyashyizwe mu bikorwa mu minsi itatu ishize, cyizeza ko “nubwo umwanzi yagerageje kenshi kugenzura uru rugamba, atabashije guhindura ibintu ahubwo rwongereye gusa gutsindwa kwe”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *