Donald Trump yajyanye CNN mu rukiko ashaka indishyi y’asaga miliyoni 450 z’Amadolari

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, Donald Trump wahoze ari Perezida wa Amerika yareze CNN kumusebya, asaba indishyi zingana na miliyoni 475 z’amadolari kandi avuga ko uyu muyoboro wa televiziyo wakoze “ubukangurambaga bwo kumuharabika no kumwandagaza” .

Trump, mu kirego cye yashyikirije urukiko rw’akarere rwa Fort Lauderdale, muri Florida, avuga ko uyu muyoboro wakoresheje imbaraga zawo nk’igitangazamakuru gikomeye kugira ngo atsindwe muri politiki.

CNN yanze kugira icyo itangaza kuri iki kirego.

Muri icyo kirego, Trump avuga ko CNN yakoresheje amagambo asebanya nko kumwita umuntu ugira “ivanguramoko,” “igikoresho cy’u Burusiya,” “ikigomeke ” na “Hitler.”

Iki kirego kikaba kije mu gihe uwahoze ari perezida akomeje gukorwaho iperereza ry’ibyaha n’ishami ry’ubutabera kubera kubika inyandiko za leta mu isambu ye ya Mar-a-Lago muri Floride nyuma yo kuva ku butegetsi muri Mutarama 2021 kandi bitemewe n’amategeko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *