William Ruto yakoreye uruzinduko rw’akazi rwa mbere mu mahanga nka Perezida wa Kenya

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yakoreye uruzinduko rw’akazi rwa mbere mu mahanga nyuma yo kurahirira kuyobora kiriya gihugu.

Ni uruzinduko Perezida Ruto yagiriye mu gihugu cya Ethiopia gisanzwe gituranye na Kenya.

Perezidansi ya Kenya ibinyujije kuri Twitter yayo yatangaje ko muri uru ruzinduko Perezida Ruto ari bugirane ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed; ndetse bombi bakaza kuyobora umuhango wo gutangiza sosiyete y’itumanaho ya Safaricom muri Ethiopia.

Uruzinduko rwa Ruto i Addis Ababa rubaye urwa mbere rw’akazi akoreye mu mahanga, nyuma yo kurahirira kuyobora Kenya mu kwezi gushize kwa Nzeri.

Perezida Ruto mu kwezi gushize cyakora cyo yagiriye urundi rugendo hanze y’igihugu cye ubwo yajyaga i Londres mu Bwongereza mu muhango wo gutabariza umwamikazi Elizabeth II.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *