Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 3 Ukwakira 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zerekeye ku butabera, umutekano na politiki.
Harimo ko:
Prince Kid yasabiwe gufungwa imyaka 16
Ubushinjacyaha tariki ya 5 Ukwakira bwasabiye Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid wateguraga irushanwa rya Miss Rwanda imyaka 16 y’igifungo.
Ni ubusabe bwatangiwe mu iburanisha ryabereye mu muhezo mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, bushingiye ku byaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina Ishimwe ashinjwa gukorera bamwe mu bitabiriye irushanwa yateguraga.
Ishimwe wari watakambye asaba kuburanishwa mu ruhame yahakanye ibyaha ashinjwa, asaba urukiko kumugira umwere. Umwanzuro uzasomwa tariki ya 28 Ukwakira.
Umuhungu wa Museveni yakuwe ku mwanya, azamurwa mu ntera
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, tariki ya 4 Ukwakira yakuye ku mwanya w’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka umuhungu we, Muhoozi Kainerugaba, ariko amuzamura mu ntera.
Kainerugaba yasimbuwe na Kayanja Muhanga wahawe ipeti rya Lieutenant General avuye ku rya Major General. Uyu muhungu we yahawe irya General akuwe ku rya Lieutenant General.
Izi mpinduka zabayeho nyuma y’aho Gen. Kainerugaba atangarije kuri Twitter ko we n’abasirikare be bafata umurwa mukuru wa Kenya mu gihe kitageze ku byumweru bibiri, bwakuruye impaka ndende zatumye guverinoma ya Uganda yisobanura.
Umuyobozi Mukuru wungirije wa RDB yarirukanwe
Perezida Kagame yakuye ku mwanya Umuyobozi Mukuru wungirije w’urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere (RDB), Niyonkuru Zephanie.
Itangazo ryasohowe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe tariki ya 6 Ukwakira risobanura ko Niyonkuru yakuwe kuri uyu mwanya kubera amakosa y’imiyoborere yakomeje kugaragaza.
Niyonkuru yashimiye Perezida Kagame icyizere yari yaramugiriye akamuha iyi nshingano, amwizeza ko aho atakoze neza azakomeza kwiga, akorere igihugu.
Abanyamakuru 3 bari bamaze imyaka 4 bafunzwe bagizwe abere
Urukiko rukuru tariki ya 5 Ukwakira rwagize abere abanyamakuru batatu b’umuyoboro wa YouTube wa Iwacu TV bari bamaze imyaka ine bafunzwe.
Aba banyamakuru: Nshimiyimana Jean Baptiste, Mutuyimana Jean Damascène na Niyonsenga Schadrack bari bakurikiranweho ibyaha birimo kwangisha rubanda ubutegetsi buriho no guteza imvururu muri rubanda bifitanye isano n’inkuru batangarizaga kuri uyu muyoboro.
Kuva bafungwa mu Kwakira 2018, aba banyamakuru bose ntibigeze bemera ibyaha bashinjwaga.
Impinduka zikomeye mu gisirikare cya RDC
Umugaba w’ikirenga w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yakoze impinduka zikomeye mu buyobozi bukuru bw’igisirikare cy’igihugu.
General Célestin Mbala wari Umugaba Mukuru kuva mu 2018 yasimbuwe na Lieutenant General Christian Tshiwewe Songesha wari umuyobozi w’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu.
Umwanya Lt Gen. Tshiwewe yari afite kuva mu mwaka w’2020 wahawe Maj. Gen. Ephraim Kabi Kiriza. Hakozwe izindi mpinduka mu buyobozi bw’igisirikare nko mu biro by’ushinzwe ibikorwa by’igisirikare.


