Cristiano Ronaldo yashyizeho umuhigo utarakorwa n’undi mukinnyi ku Isi

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Cristiano Ronaldo, yaraye ashyizeho umuhigo wo kuba umukinnyi wa mbere ku Isi ushoboye gutsinda ibitego 700 ariko ku ruhando rwa Club.

Uyu munya-Portugal yabigezeho nyuma yo gufasha Manchester United asanzwe akinira gutsinda Everton; mu mukino w’umunsi wa cyenda wa Shampiyona y’Abongereza.

Cristiano yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 44 w’umukino; ku mupira yari ahawe n’umunya-BrĂ©sil Casemiro.

Iki gitego cyabaye icya mbere Ronaldo atsinze muri shampiyona y’uyu mwaka; cyaje kiyongera icyo Anthony yari yatsinze ku munota wa 15 cyishyura icya Alex Iwobi cyo ku munota wa gatanu w’umukino.

Mu bitego 700 Cristiano Ronaldo amaze gutsinda ku ruhando rwa Club, harimo 450 yatsindiye Real Madrid, 144 amaze gutsindira Manchester United, 101 yatsindiye Juventus na bitanu yatsindiye Sporting Lisbon.

Ibi bigira uyu munya-Portugal umukinnyi rukumbi wageze kuri uyu muhigo mu mateka y’Isi.

Cristiano cyakora cyo ari kuribwa insyataburenge n’umunya-Argentine Lionel Messi kuri ubu ukinira PSG; dore ko amurusha ibitego icyenda byonyine. Ni Messi umaze gutsindira FC Barcelona na PSG ibitego 691 munsi y’imikino 122 ugereranyije n’iyo Cristiano Ronaldo amaze gukina.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *